Abayuda bikomeza
1 Nuko Rehobowamu ageze i Yerusalemu ateranya umuryango wa Yuda n’uwa Benyamini, ayirobanuramo abagabo batoranije bo kurwanya Abisirayeli agahumbi n’inzovu munani, ngo bagarurire Rehobowamu igihugu cye.
2 Ariko ijambo ry’Uwiteka riza kuri Shemaya umuntu w’Imana riti
3 “Bwira Rehobowamu mwene Salomo umwami w’Abayuda, n’Abisirayeli bose bari i Buyuda n’i Bubenyamini uti
4 ‘Uku ni ko Uwiteka avuze: Ntimuzamuke kandi ntimuzarwanye bene wanyu, musubireyo umuntu wese ajye iwe, kuko ibyo ari jye byaturutseho.’ ” Nuko bumvira amagambo y’Uwiteka barorera gutera Yerobowamu, basubirayo.
5 Maze Rehobowamu aba i Yerusalemu, yubaka i Buyuda imidugudu y’ibihome.
6 Yubaka i Betelehemu na Etamu n’i Tekowa,
7 n’i Betisuri n’i Sōko na Adulamu,
8 n’i Gati n’i Maresha n’i Zifu,
9 na Adorayimu n’i Lakishi na Azeka,
10 n’i Sora na Ayaloni n’i Heburoni, imidugudu y’i Buyuda n’i Bubenyamini igoswe n’inkike.
11 Kandi akomeza ibihome abishyiramo abatware, abikamo n’ibyokurya n’amavuta na vino.
12 Kandi mu mudugudu wose ashyiramo ingabo n’amacumu, arayikomeza cyane. I Buyuda n’i Bubenyamini haba ahe.
13 Maze abatambyi n’Abalewi babaga i Bwisirayeli hose, bava mu migabane yabo yose baramusanga.
14 Basiga ibikingi byabo na gakondo yabo bajya i Buyuda n’i Yerusalemu, kuko Yerobowamu n’abahungu be babirukanye ngo be gukorera Uwiteka umurimo wabo w’ubutambyi,
15 ahubwo yitorera abandi batambyi bo gutambira ibigirwamana n’ibishushanyo by’inyana yaremye, mu ngoro zabyo.
16 Maze bakurikirwa n’abari bafite umwete wo gushaka Uwiteka Imana ya Isirayeli bo mu miryango ya Isirayeli yose, bajya i Yerusalemu gutambira Uwiteka Imana ya ba sekuruza.
17 Nuko bamara imyaka itatu bakomeje ubwami bw’Abayuda, bakomeza na Rehobowamu mwene Salomo, kuko muri iyo myaka itatu bagendanaga ingeso nziza za Dawidi n’iza Salomo.
18 Rehobowamu arongora Mahalati umukobwa wa Yerimoti mwene Dawidi, yabyaranye na Abihayili umukobwa wa Eliyabu mwene Yesayi.
19 Babyarana abana b’abahungu, Yewushi na Shemariya na Zahamu.
20 Hanyuma y’uwo arongora Māka umukobwa wa Abusalomu, babyarana Abiya na Atayi, na Ziza na Shelomiti.
21 Kandi Rehobowamu akunda Māka umukobwa wa Abusalomu kumurutisha abagore be bose n’inshoreke ze, (kuko yorongoye abagore cumi n’umunani akagira n’inshoreke mirongo itandatu, abyara abana b’abahungu makumyabiri n’umunani n’abakobwa mirongo itandatu).
22 Rehobowamu atanga Abiya mwene Māka ngo abe umutware mukuru muri bene se, kuko yashakaga ko azaba umwami.
23 Maze agira ubwenge atataniriza abana be b’abahungu mu bihugu byose by’i Buyuda, n’i Bubenyamini mu midugudu yose igoswe n’inkike, akajya abagerera igerero ry’ibyokurya byinshi kandi abashakira n’abagore benshi.