Ezayi 20

Abanyegiputa n’Abanyetiyopiya bahanurirwa ko bazajyanwa ho iminyago

1 Umwaka Taritani yatereyemo Ashidodi agabwe na Sarigoni umwami wa Ashuri, akaharwanya akahahindūra,

2 icyo gihe ni bwo Uwiteka yavugiye muri Yesaya mwene Amosi aramubwira ati “Genda ukenyurure ikigunira ukenyeye mu nda, ukweture inkweto mu birenge byawe.” Abigenza atyo, agenda yambaye ubusa adakwese inkweto.

3 Maze Uwiteka aravuga ati “Nk’uko umugaragu wanjye Yesaya amaze imyaka itatu yambaye ubusa, adakwese inkweto, akabera Egiputa na Etiyopiya ikimenyetso n’igitangaza,

4 ni ko umwami wa Ashuri azajyana imbohe z’Abanyegiputa n’ibicibwa bya Etiyopiya, abato n’abakuru. Bazagenda bambaye ubusa, badakwese inkweto n’amatako yabo nta cyo yambaye, kugira ngo bikoze Egiputa isoni.

5 Kandi baziheba bakorwe n’isoni babiterwa na Etiyopiya biringiraga, na Egiputa biratanaga.

6 Uwo munsi abaturage bo muri iki gihugu gihereranye n’inyanja bazavuga bati ‘Dore ibyo twiringiraga uko bibaye, tukiringira ko bizadutabara tugakira umwami wa Ashuri, noneho tuzikiza dute?’ ”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 7 =