Imig 11

1 Urugero rw’uburiganya ni ikizira ku Uwiteka,

Ariko ibipimisho by’ukuri biramunezeza.

2 Iyo ubwibone buje isoni ziherako zikaza,

Ariko ubwenge bufitwe n’abicisha bugufi.

3 Gutungana kw’abakiranutsi kuzabayobora,

Ariko ubugoryi bw’abariganya buzabarimbura.

4 Ubutunzi nta cyo bumara ku munsi w’uburakari,

Ariko gukiranuka kudukiza urupfu.

5 Gukiranuka k’umuntu uboneye kuzamutunganyiriza inzira,

Ariko umunyabyaha azagushwa n’ibyaha bye.

6 Gukiranuka kw’abatunganye kuzabarokora,

Ariko abariganya bazategwa no kugira nabi kwabo.

7 Iyo umunyabyaha apfuye kwiringira kwe kuba gushize,

Kandi ibyiringiro by’abakiranirwa biba bishiranye na bo.

8 Umukiranutsi akizwa amakuba,

Umunyabyaha agasubira mu kigwi cye.

9 Utubaha Imana yicisha mugenzi we akanwa ke,

Ariko umukiranutsi azikirisha ubwenge bwe.

Iyo umukiranutsi amerewe neza umudugudu urishima,

10 Iyo umunyabyaha apfuye impundu ziravuga.

11 Umugisha w’abakiranutsi ushyira umudugudu hejuru,

Ariko usenywa n’akanwa k’umunyabyaha.

12 Ugaya umuturanyi we nta mutima agira,

Ariko umuntu ujijutse we aricecekera.

13 Ugenda azimura agaragaza ibihishwe,

Ariko ufite umutima w’umurava ntamena ibanga.

14 Aho abayobora b’ubwenge batari abantu baragwa,

Ariko aho abajyanama bagwiriye haba amahoro.

15 Uwishingira uwo atazi bizamubabaza,

Ariko uwanga kwishingira aba amahoro.

16 Umugore ugira ubuntu ahorana icyubahiro,

Kandi abagabo b’abanyamaboko babona ubutunzi.

17 Umunyambabazi agirira ubugingo bwe neza.

Ariko umunyamwaga ababaza umubiri we.

18 Umunyabyaha ahabwa ibihembo by’ibishukano,

Ariko ubiba gukiranuka azabona ibihembo by’ukuri.

19 Ukomeye mu byo gukiranuka azahabwa ubugingo,

Kandi ukurikirana ibibi aba yishakiye urupfu.

20 Abafite umutima w’ubugoryi ni ikizira ku Uwiteka,

Ariko anezezwa n’abagenda batunganye.

21 Ni ukuri rwose umunyabyaha ntazabura guhanwa,

Ariko urubyaro rw’umukiranutsi ruzakizwa.

22 Umugore w’uburanga bwiza utagira umutima,

Ni nk’impeta y’izahabu ikwikirwa mu mazuru y’ingurube.

23 Ibyo umukiranutsi yifuza ni ibyiza bisa,

Ariko ibigenewe umunyabyaha ni uburakari.

24 Hari umuntu utanga akwiragiza,

Nyamara akarushaho kunguka.

Kandi hari uwimana birenza urugero,

Ariko we bizamutera ubukene gusa.

25 Umunyabuntu azabyibuha,

Kandi uvomera abandi na we azavomerwa.

26 Uwimana amasaka azavumwa na rubanda,

Ariko umugisha uzaba ku uyabagurira.

27 Ugira umwete wo gushaka ibyiza aba yishakiye gukundwa,

Ariko ushaka kugirira abandi inabi, izamugaruka.

28 Uwishingikirije ku butunzi bwe azagwa,

Ariko umukiranutsi azatoha nk’ikibabi kibisi.

29 Utera imidugararo mu rugo rwe umurage we uzaba umuyaga,

Kandi umupfapfa azahakwa n’ufite umutima w’ubwenge.

30 Imbuto z’umukiranutsi ni igiti cy’ubugingo,

Kandi umunyabwenge agarura imitima.

31 Dore abakiranutsi bazahanwa bakiri mu isi.

Nkanswe abakiranirwa n’abanyabyaha.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =