1 Inama umuntu yigira mu mutima we ni we nyirayo,
Ariko igisubizo cy’ururimi rwe kiva ku Uwiteka.
2 Imigenzereze y’umuntu yose itunganira amaso ye,
Ariko Uwiteka ni we ugera imitima.
3 Imirimo yawe yose uyiharire Uwiteka,
Ni ho imigambi yawe izakomezwa.
4 Ikintu cyose Uwiteka yagitegekeye iherezo ryacyo,
Ndetse umunyabyaha yamutegekeye umunsi w’amakuba.
5 Umuntu wese w’ubwibone bwo mu mutima ni ikizira ku Uwiteka,
Ni ukuri rwose ntazabura guhanwa.
6 Imbabazi n’ukuri ni byo bitwikīra gukiranirwa,
Kandi kūbaha Uwiteka ni ko gutuma abantu bareka ibibi.
7 Iyo imigenzereze y’umuntu inezeza Uwiteka,
Atuma n’abanzi be buzura na we.
8 Uduke turimo gukiranuka,
Turuta inyungu nyinshi irimo gukiranirwa.
9 Umutima w’umuntu utekereza urugendo rwe,
Ariko Uwiteka ni we uyobora intambwe ze.
10 Amateka ameze nk’ay’Imana aba ku rurimi rw’umwami,
Ntabwo ijambo rye rigoreka imanza.
11 Iminzani n’ibyuma bipimishwa bitunganye ni iby’Uwiteka,
Ibipimishwa byo mu mufuka byose ni umurimo we.
12 Ni ikizira ku bami gukora ibibi,
Kuko ingoma ikomezwa no gukiranuka.
13 Ururimi rukiranuka ni rwo runezeza abami,
Kandi bagakunda uvuga ibitunganye.
14 Uburakari bw’umwami ni intumwa y’urupfu,
Ariko umunyabwenge arabuhosha.
15 Iyo mu maso h’umwami hakeye bitera ubugingo,
Kandi urukundo rwe rusa n’igicu kimanura imvura y’umuhindo.
16 Kubona ubwenge ni byiza cyane kuruta kubona izahabu,
Ni ukuri umuntu yahitamo ubuhanga kuburutisha ifeza nziza.
17 Inzira nyabagendwa y’abakiranutsi ni ukureka ibibi,
Uwirinda mu migenzereze ye aba arinda ubugingo bwe.
18 Kwibona kubanziriza kurimbuka,
Kandi umutima wirarira ubanziriza kugwa.
19 Ni byiza kugira umutima woroshye ugafatanya n’aboroheje,
Kuruta kugabana iminyago n’abibone.
20 Uwitondera Ijambo azabona ibyiza,
Kandi uwisunga Uwiteka aba ahirwa.
21 Ufite umutima w’ubwenge azitwa umunyamakenga,
Kandi ururimi ruryoshya amagambo rwungura kwiga.
22 Ubwenge bubera nyirabwo isōko y’ubugingo,
Ariko ikibabaza abapfapfa ni ubupfu bwabo.
23 Umutima w’umunyabwenge wigisha ururimi rwe,
Kandi umwungura ubwenge mu byo avuga.
24 Amagambo anezeza ni nk’ubuki,
Aryohera ubugingo bw’umuntu agakomeza ingingo ze.
25 Hariho inzira umuntu yibwira ko ari nziza,
Ariko iherezo ryayo ni inzira z’urupfu.
26 Inda y’umukozi ni yo imutera gukora,
Kandi akanwa ke na ko karamwaka.
27 Imburakamaro igambirira ibibi,
Kandi ururimi rwayo rwotsa nk’umuriro.
28 Umuntu ugoreka ukuri aba abiba intonganya,
Kandi uneguranira mu byongorerano atandukanya incuti z’amagara.
29 Umunyarugomo yoshya umuturanyi we,
Kandi akamunyuza mu nzira idatunganye.
30 Uwica ijisho aba atekereza iby’ubugoryi,
Agahekenya amenyo agira ngo asohoze ibibi.
31 Uruyenzi rw’imvi ni ikamba ry’icyubahiro,
Bibonekeshwa no kujya mu nzira yo gukiranuka.
32 Utihutira kurakara aruta intwari,
Kandi utegeka umutima we aruta utsinda umudugudu.
33 Abantu batera inzuzi,
Ariko uko bigenda kose bitegekwa n’Uwiteka.