1 Umunyabyaha ahunga ari nta wumwirukanye,
Ariko umukiranutsi ashira ubwoba nk’intare.
2 Igihugu kigira abami benshi kigira amagomerane,
Ariko umuntu w’umuhanga uzi ubwenge agitera kugubwa neza.
3 Umukene urenganya indushyi,
Ameze nk’imvura y’umugaru ikukumuye imyaka.
4 Abanga amategeko bashima abanyabyaha,
Ariko abakomeza amategeko barabarwanya.
5 Inkozi z’ibibi ntizimenya imanza zitabera,
Ariko abashaka Uwiteka bamenya byose.
6 Umukene ugenda ari inyangamugayo,
Aruta icyigenge naho cyaba ari igikire.
7 Uwitondera amategeko ni umwana uzi ubwenge,
Ariko uwiyuzuza n’ibisambo akoza se isoni.
8 Ugwirisha ubukungu bwe indamu n’inyungu mbi,
Aba abishakiye ubabarira abakene.
9 Uwiziba amatwi ngo atumva amategeko,
Gusenga kwe na ko ni ikizira.
10 Ushuka umukiranutsi ngo amuyobereze mu nzira mbi,
Azagwa mu rwobo yicukuriye,
Ariko umukiranutsi utunganye azazungura ibyiza.
11 Umukire yiyita umunyabwenge,
Ariko umukene ujijutse aramugenzura akamuhinyura.
12 Abakiranutsi iyo baguwe neza habaho icyubahiro cyinshi,
Ariko iyo abanyabyaha bagiye ejuru abantu barihisha.
13 Uhisha ibicumuro bye ntazagubwa neza,
Ariko ubyatura akabireka azababarirwa.
14 Hahirwa umuntu uhorana kūbaha,
Ariko uwinangira umutima azagwa mu byago.
15 Umutware mubi utwara ubwoko bukennye,
Ameze nk’intare itontoma n’idubu rihiga.
16 Umwami utagira ubwenge akunda kurenganya cyane,
Ariko uwanga indamu mbi ni we uzarama.
17 Umuntu uremerewe n’amaraso y’uwo yishe,
Azahunga abe icyohe he kugira umutangira.
18 Ugenda atunganye azakizwa,
Ariko ugoreka inzira ze azagwa bimutunguye.
19 Uhinga imirima ye azahaga ibyokurya,
Ariko ukurikiza inkorabusa azahaga ubutindi.
20 Umunyamurava agwiza imigisha myinshi,
Ariko uwihutira kuba umukire ntazabura guhanwa.
21 Kurobanura ku butoni si byiza,
Kandi si byiza ko umuntu acumuzwa n’akamanyu k’umutsima.
22 Umuntu w’ishyari ashakana ubukungu ubwira,
Kandi ntamenye yuko ubukene buzamugeraho.
23 Ucyaha umuntu hanyuma azashimwa,
Kuruta ufite ururimi rushyeshya.
24 Uwiba se cyangwa nyina maze akavuga ati “Si icyaha”,
Uwo ni mugenzi w’umurimbuzi.
25 Ufite umutima w’ubusambo abyutsa intonganya,
Ariko uwiringira Uwiteka azahaga bimubyibushye.
26 Uwiringira umutima we ubwawo ni umupfapfa,
Ariko ugendera mu bwenge azakizwa.
27 Uha abakene ntazakena,
Ariko ubirengagiza azahaga imivumo myinshi.
28 Iyo abanyabyaha babyutse abantu barihisha,
Ariko iyo barimbutse abakiranutsi baragwira.