Yobu 31

1 “Nasezeranye n’amaso yanjye,

None se nabasha nte kwifuza umukobwa?

2 “Icyo Imana itanga kivuye mu ijuru ni iki?

Kandi Ishoborabyose itanga murage ki uva hejuru mu ijuru?

3 Mbese kurimbuka si ko kugenerwa umunyabyaha,

Ibyago bigategekerwa inkozi z’ibibi?

4 Imana ntiyitegereza inzira zanjye,

Ikabara intambwe zanjye zose?

5 “Niba naragendeye mu binyoma,

Ikirenge cyanjye kikihutira kuriganya,

6 Henga mpimirwe ku minzani ireshya,

Kugira ngo Imana imenye gutungana kwanjye.

7 Niba intambwe zanjye zarateshutse inzira,

Umutima wanjye ukayobezwa n’ibyo amaso yanjye areba,

Kandi niba inenge yarometse ku biganza byanjye,

8 Ndakabiba hasarure undi,

Ni ukuri imyaka yo mu murima wanjye irakarandurwa.

9 “Niba umutima wanjye warashutswe n’umugore,

Nkubikirira ku muryango w’umuturanyi wanjye,

10 Umugore wanjye aragasera undi,

Kandi ashakwe n’abandi.

11 Kuko icyo cyaba ari ikibi gikabije

Ni ukuri ni ikizira cyo guhanwa n’abacamanza,

12 Kuko cyamera nk’umuriro ukongora ukageza ku kurimbuka,

Kandi cyarandura ibyo nungutse byose.

13 “Niba narahinyuye urubanza rw’umugaragu wanjye,

Cyangwa urw’umuja wanjye igihe bamburanyaga,

14 None se ubwo Imana ihagurutse nabigenza nte?

Mbese yangenderera nayibwira iki?

15 Cyo ye, iyandemye mu nda ya mama si yo yamuremye?

Iyaturemye mu nda za ba mama si imwe?

16 “Hari ubwo nimye abakene ibyo bifuza,

Cyangwa se ngahebya amaso y’umupfakazi,

17 Cyangwa nkiharira ibyokurya byanjye,

Impfubyi ntibiboneho?

18 Ahubwo uhereye mu busore bwanjye,

Yankuriye iruhande ndi nka se,

N’umupfakazi namuhagarikiye nkiva mu nda ya mama.

19 “Niba hari uwo nabonye wishwe no kubura umwambaro,

Cyangwa indushyi ibuze icyo kwiyorosa,

20 Niba urukenyerero rwe rutampaye umugisha,

Kandi ntasusurutswe n’ubwoya bw’intama zanjye,

21 Niba narabanguriye impfubyi ukuboko,

Kuko mfite umfasha ku irembo,

22 Noneho urutugu rwanjye ruragatandukana n’umubiri,

N’ukuboko kwanjye kuvunike gutane n’igufwa.

23 Kuko ibyago biva ku Mana byanteraga ubwoba,

Simbone uko mbasha kwihanganira gukomera kwayo.

24 “Niba naragize izahabu ho ibyiringiro byanjye,

Nkabwira izahabu nziza nti ‘Ni wowe nishingikirijeho’,

25 Niba narishimishijwe n’uko ubutunzi bwanjye ari bwinshi,

Ukuboko kwanjye kukaronka byinshi,

26 Niba naritegereje izuba igihe riva,

Cyangwa ukwezi kugenda kurabagiranankabiramya,

27 Kandi umutima wanjye ugashukashukwa rwihishwa,

N’ikiganza cyanjye nkakinyweraho isubyo,

28 Ibyo na byo byambera ibibi biragahanwa n’abacamanza,

Kuko ari uguhemukira Imana iri hejuru.

29 “Hari ubwo nishimiye kurimbuka k’unyanga,

Cyangwa nkishyirishwa hejuru n’uko ibyago bimugezeho?

30 Ahubwo sinakundiye akanwa kanjye gucumura,

Ngo mwifurize gupfa muvumye?

31 Hari ubwo ab’iwanjye batahamije bati

‘Hari umuntu wabona n’umwe wavuga yuko adahagira mu rugo rwe’?

32 Nta mushyitsi naraje hanze

Ahubwo umugenzi wese naramwugururiraga.

33 Hari ubwo natwikiriye ibicumuro byanjye nka Adamu,

Ngahisha ibyaha byanjye mu gituza,

34 Mbitewe no gutinya iteraniro rinini,

Ngaterwa ubwoba no kugawa n’indi miryango,

Bituma nceceka sinsohoke?

35 “Iyaba hari unyumvise!

Dore ngiki icyitegererezo cyanjye,

Ishoborabyose ninsubize,

Nanjye mbone ibirego byanditswe n’umwanzi wanjye.

36 Ni koko nabiheka ku rutugu,

Nabyitamirizaho nk’ikamba.

37 Namumenyesha umubare w’intambwe zanjye,

Nkamwegera nk’igikomangoma.

38 “Niba imisozi yanjye ihururiye kundega,

N’amayogi yo muri yo akaririra hamwe,

39 Niba narariye umwero wayo nta feza ntanze,

Cyangwa niba naratumye bene yo baheba ubugingo bwabo,

40 Noneho ibisura birakamera ah’ingano,

N’urukungu rumere aha sayiri.”

Iyo ni yo ndunduro y’amagambo ya Yobu.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =