1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi, babwirisha inanga ijwi ryo mu gituza. Ni Zaburi ya Dawidi.
2 Uwiteka tabara kuko umunyarukundo ashira,
Abanyamurava babura mu bantu.
3 Bose barabeshyana,
Bavugisha iminwa ishyeshya n’imitima ibiri.
4 Uwiteka azatsemba iminwa yose ishyeshya,
N’ururimi rwirarira,
5 Abavuze bati “Tuzaneshesha indimi zacu,
Iminwa yacu ni iyacu udutwara ni nde?”
6 “Ku bwo kunyagwa k’umunyamubabaro,
Ku bwo gusuhuza umutima k’umukene,
Nonaha ndahaguruka”, ni ko Uwiteka avuga,
“Ndashyira mu mahoro uwo bacurira ingoni.”
7 Amagambo y’Uwiteka ni amagambo atanduye,
Ahwanye n’ifeza igeragejwe mu ruganda rwo mu isi,
Ivugutiwe karindwi.
8 Uwiteka uzabarinda,
Uzabakiza ab’iki gihe iteka ryose.
9 Abanyabyaha bagenda hose impande zose,
Iyo abatagira umumaro bashyizwe hejuru mu bantu.