1 Indirimbo y’Amazamuka.
Mu mubabaro wanjye natakiye Uwiteka,
Aransubiza.
2 Uwiteka, kiza ubugingo bwanjye iminwa ibeshya,
N’ururimi ruriganya.
3 Wa rurimi ruriganya we, azaguha iki?
Azakongēra birutaho ki?
4 Ni imyambi ityaye y’intwari,
Ni amakara y’umurotemu.
5 Mbonye ishyano kuko ntuye i Mesheki,
Nkaba mu mahema ya Kedari.
6 Umutima wanjye wahereye kera,
Uturanye n’uwanga amahoro.
7 Jyeweho nshaka amahoro,
Ariko iyo mvuze bashaka intambara.