1 Indirimbo y’Amazamuka.
Nduburira amaso yanjye ku misozi,
Gutabarwa kwanjye kuzava he?
2 Gutabarwa kwanjye kuva ku Uwiteka,
Waremye ijuru n’isi.
3 Ntazakundira ibirenge byawe ko biteguza,
Ukurinda ntazahunikira.
4 Dore ūrinda Abisirayeli,
Ntazahunikira kandi ntazasinzira.
5 Uwiteka ni we murinzi wawe,
Uwiteka ni igicucu cyawe iburyo bwawe.
6 Izuba ntirizakwica ku manywa,
Cyangwa ukwezi nijoro.
7 Uwiteka azakurinda ikibi cyose,
Ni we uzarinda ubugingo bwawe.
8 Uwiteka azakurinda amajya n’amaza,
Uhereye none ukageza iteka ryose.