1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi. Ni iya Dawidi.
2 Uwiteka, uzageza he kunyibagirwa iteka ryose?
Uzageza he kunyima amaso?
3 Nzageza he kwigira inama,
Mfite agahinda mu mutima wanjye uko bukeye?
Umwanzi wanjye azageza he gushyirwa hejuru yanjye?
4 Uwiteka Mana yanjye, birebe unsubize,
Hwejesha amaso yanjye,
Kugira ngo ne gusinzira ibitotsi by’urupfu.
5 Umwanzi wanjye ye kuvuga ati “Ndamunesheje”,
Abanteraga be kwishimira kunyeganyega kwanjye.
6 Ariko niringiye imbabazi zawe,
Umutima wanjye uzishimira agakiza kawe.
Ndaririmbira Uwiteka,
Kuko yangiriye neza.