Zab 14

1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi. Ni iya Dawidi.

Umupfapfa ajya yibwira ati

“Nta Mana iriho.”

Barononekaye, bakoze imirimo yo kwangwa urunuka,

Nta wukora ibyiza.

2 Uwiteka yarebye abantu ari mu ijuru,

Kugira ngo amenye yuko harimo abanyabwenge,

Bashaka Imana.

3 Bose barayobye, bose bandurijwe hamwe,

Nta wukora ibyiza n’umwe.

4 Mbese inkozi z’ibibi zose nta bwenge zifite?

Ko barya abantu banjye nk’uko barya umutsima,

Kandi ntibambaze Uwiteka?

5 Aho ngaho bahagiriye ubwoba bwinshi,

Kuko Imana iri mu bwoko bw’abakiranutsi.

6 Mukoza isoni inama z’umunyamubabaro,

Ariko Uwiteka ni ubuhungiro bwe.

7 Icyampa agakiza k’Abisirayeli kakaba kavuye i Siyoni,

Uwiteka nasubizayo ubwoko bwe bwajyanywe ho iminyago.

Ni bwo Abayakobo bazishima,

Abisirayeli bazanezerwa.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =