1 Zaburi ya Dawidi.
Isi n’ibiyuzuye ni iby’Uwiteka,
Isi n’abayibamo.
2 Kuko ari we wayishinze ku nyanja,
Yayishimangiye ku mazi menshi.
3 Ni nde uzazamuka umusozi w’Uwiteka?
Ni nde uzahagarara ahera he?
4 Ni ufite amaboko atanduye n’umutima uboneye,
Utigeze kwerekeza umutima we ku bitagira umumaro,
Ntarahire ibinyoma.
5 Uwo ni we uzahabwa umugisha n’Uwiteka,
No gukiranuka abihawe n’Imana y’agakiza ke.
6 Abayishaka ni bene uwo,
Abashaka mu maso hawe Mana ya Yakobo.
Sela.
7 Mwa marembo mwe nimwunamuke,
Mwa marembo y’iteka mwe, nimweguke,
Kugira ngo Umwami w’icyubahiro abyukuruke.
8 Uwo Mwami w’icyubahiro ni nde?
Ni Uwiteka ufite imbaraga n’amaboko,
Ni Uwiteka ufite amaboko yo kurwana.
9 Mwa marembo mwe, nimwunamuke,
Mwa marembo y’iteka mwe, nimweguke,
Kugira ngo Umwami w’icyubahiro abyukuruke.
10 Uwo mwami w’icyubahiro ni nde?
Uwiteka Nyir’ingabo ni we Mwami w’icyubahiro.