1 Zaburi ya Dawidi.
Uwiteka uncire urubanza,
Kuko gukiranuka kwanjye ari ko ngenderamo,
Kandi niringira Uwiteka ntashidikanya.
2 Uwiteka, unyitegereze ungerageze,
Gerageza umutima wanjye n’ubwenge bwanjye,
3 Kuko imbabazi zawe nzireba mu maso yanjye,
Kandi ngendera mu murava wawe.
4 Sinicarana n’abatagira umumaro,
Kandi sinzagenderera indyarya.
5 Nanga iteraniro ry’inkozi z’ibibi,
Kandi sinzicarana n’abanyabyaha.
6 Nzakaraba ntafite igicumuro,
Ni ko nzazenguruka igicaniro cyawe Uwiteka,
7 Kugira ngo numvikanishe ijwi ry’ishimwe,
Mvuge imirimo yose itangaza wakoze.
8 Uwiteka, nkunda ubuturo ari bwo nzu yawe,
N’ahantu ubwiza bwawe buba.
9 Ntukureho umwuka wanjye ubwo uzakuraho abanyabyaha,
Cyangwa ubugingo bwanjye nk’abavusha amaraso.
10 Amaboko yabo arimo igomwa,
Ukuboko kwabo kw’iburyo kuzuye impongano.
11 Ariko jyeweho gukiranuka kwanjye ni ko nzagenderamo,
Uncungure, umbabarire.
12 Ikirenge cyanjye gihagaze aharinganiye,
Mu materaniro nzashimiramo Uwiteka.