1 Zaburi ya Dawidi.
Uwiteka ndagutakira,
Gitare cyanjye ntiwice amatwi,
Kuko wanyihorera,
Nahinduka nk’abamanuka bajya muri rwa rwobo.
2 Tyariza ugutwi ijwi ryo kwinginga kwanjye uko ngutakiye,
Uko manitse amaboko nyerekeje ahera h’urusengero rwawe.
3 Ntunkururire hamwe n’abanyabyaha n’inkozi z’ibibi,
Bavugana iby’amahoro na bagenzi babo,
Ariko igomwa rikaba mu mitima yabo.
4 Ubahe ibikwiriye imirimo yabo,
Ibikwiriye gukiranirwa kwabo.
Ubahe ibikwiriye ibyo intoki zabo zakoze,
Ubīture ibibakwiriye.
5 Kuko batita ku mirimo y’Uwiteka,
Cyangwa ku byo intoki ze zikora,
Azabasenya ntazabubaka.
6 Uwiteka ahimbazwe,
Kuko yumviye ijwi ryo kwinginga kwanjye.
7 Uwiteka ni we mbaraga zanjye n’ingabo inkingira,
Umutima wanjye ujya umwiringira ngatabarwa.
Ni cyo gituma umutima wanjye wishima cyane,
Kandi nzamushimisha indirimbo yanjye.
8 Uwiteka ni imbaraga z’abantu be,
Kandi ni igihome uwo yasīze ahungiramo agakira.
9 Kiza ubwoko bwawe uhe umwandu wawe umugisha,
Kandi ubaragire ujye ubaramira iteka ryose.