1 Zaburi iyi ni iya Dawidi, ubwo yisarishirizaga imbere ya Abimeleki, akamwirukana akagenda.
2 Nzahimbaza Uwiteka iminsi yose,
Ishimwe rye rizaba mu kanwa kanjye iteka.
3 Uwiteka ni we umutima wanjye uzirata,
Abanyamubabaro babyumve bishime.
4 Mufatanye nanjye guhimbaza Uwiteka,
Dushyirane hejuru izina rye.
5 Nashatse Uwiteka aransubiza,
Ankiza ubwoba nari mfite bwose.
6 Bamurebyeho bavirwa n’umucyo,
Mu maso habo ntihazagira ipfunwe iteka.
7 Uyu munyamubabaro yaratatse, Uwiteka aramwumva,
Amukiza amakuba n’ibyago bye byose.
8 Marayika w’Uwiteka abambisha amahema yo kugota abamwubaha,
Akabakiza.
9 Nimusogongere mumenye yuko Uwiteka agira neza,
Hahirwa umuhungiraho.
10 Mwubahe Uwiteka mwa bera be mwe,
Kuko abamwubaha batagira icyo bakena.
11 Imigunzu y’intare ibasha gukena no gusonza,
Ariko abashaka Uwiteka ntibazagira icyiza bakena.
12 Bana bato nimuze munyumve,
Ndabigisha kūbaha Uwiteka.
13 Ni nde ushaka ubugingo,
Agakunda kurama kugira ngo azabone ibyiza?
14 Ujye ubuza ururimi rwawe rutavuga ikibi,
N’iminwa yawe itavuga iby’uburiganya.
15 Va mu byaha ujye ukora ibyiza,
Ujye ushaka amahoro uyakurikire,
Kugira ngo uyashyikire.
16 Amaso y’Uwiteka ari ku bakiranutsi,
N’amatwi ye ari ku gutaka kwabo.
17 Igitsure cy’Uwiteka kiri ku bakora ibyaha,
Kugira ngo amareho kwibukwa kwabo mu isi.
18 Abakiranutsi baratatse Uwiteka arabumva,
Abakiza amakuba n’ibyago byabo byose.
19 Uwiteka aba hafi y’abafite imitima imenetse.
Kandi akiza abafite imitima ishenjaguwe.
20 Amakuba n’ibyago by’umukiranutsi ni byinshi,
Ariko Uwiteka amukiza muri byose.
21 Arinda amagufwa ye yose,
Nta na rimwe rivunika.
22 Ibyaha bizicisha umunyabyaha,
Abanga umukiranutsi bazacirwaho iteka.
23 Uwiteka acungura ubugingo bw’abagaragu be,
Nta wo mu bamuhungiraho uzacirwaho iteka.