Zab 37

1 Zaburi ya Dawidi.

Ntuhagarikwe umutima n’abakora ibyaha,

Kandi ntugirire ishyari abakiranirwa.

2 Kuko bazacibwa vuba nk’ubwatsi,

Bazuma nk’igisambu kibisi.

3 Wiringire Uwiteka ukore ibyiza,

Guma mu gihugu ukurikize umurava.

4 Kandi wishimire Uwiteka,

Na we azaguha ibyo umutima wawe usaba.

5 Ikoreze Uwiteka urugendo rwawe rwose,

Abe ari we wiringira na we azabisohoza.

6 Kandi azerekana gukiranuka kwawe nk’umucyo,

N’ukuri k’urubanza rwawe nk’amanywa y’ihangu.

7 Turiza Uwiteka umutegereze wihanganye,

Ntuhagarikwe umutima n’ubona ibyiza mu rugendo rwe,

N’umuntu usohoza inama mbi.

8 Reka umujinya, va mu burakari,

Ntuhagarike umutima kuko icyo kizana gukora ibyaha gusa.

9 Kuko abakora ibyaha bazarimburwa,

Ariko abategereza Uwiteka ni bo bazaragwa igihugu.

10 Kuko hazabaho igihe gito, umunyabyaha ntabeho,

Ni koko uzitegereza ahe umubure.

11 Ariko abagwaneza bazaragwa igihugu,

Bazishimira amahoro menshi.

12 Umunyabyaha ajya inama zo kugirira umukiranutsi nabi,

Kandi amuhekenyera amenyo.

13 Umwami Imana izamuseka,

Kuko ireba yuko igihe cye kigiye gusohora.

14 Abanyabyaha bakuriye inkota bafora imiheto,

Kugira ngo batsinde umunyamubabaro n’umukene,

Bice abagenda batunganye.

15 Inkota yabo ni bo izacumita imitima,

Imiheto yabo izavunika.

16 Ibike umukiranutsi afite,

Biruta ubutunzi bwinshi bw’abanyabyaha benshi.

17 Kuko amaboko y’abanyabyaha azavunika,

Ariko Uwiteka aramira abakiranutsi.

18 Uwiteka azi iminsi y’abatunganye,

Umwandu wabo uzahoraho iteka.

19 Ntibazakorwa n’isoni mu gihe cy’ibyago,

Mu minsi y’inzara bazahazwa.

20 Ariko abanyabyaha bazarimbuka,

Kandi abanzi b’Uwiteka bazashira nk’ubwiza bw’urwuri,

Bazarimbuka, bazarimbukira mu mwotsi.

21 Umunyabyaha aragurizwa ntiyishyure,

Ariko umukiranutsi agira ubuntu agatanga.

22 Kuko abahabwa umugisha n’Uwiteka bazaragwa igihugu,

Abavunwa na we bazarimburwa.

23 Iyo intambwe z’umuntu zikomejwe n’Uwiteka,

Akishimira inzira ye,

24 Naho yagwa ntazarambarara,

Kuko Uwiteka amuramije ukuboko kwe.

25 Nari umusore none ndashaje,

Ariko sinari nabona umukiranutsi aretswe,

Cyangwa urubyaro rwe rusabiriza ibyokurya.

26 Agira ubuntu umunsi ukira, akaguriza abandi,

Urubyaro rwe rukabona umugisha.

27 Va mu byaha ujye ukora ibyiza,

Uzaba gakondo iteka.

28 Uwiteka akunda imanza zitabera,

Ntareka abakunzi be,

Barindwa iteka ryose.

Ariko urubyaro rw’abanyabyaha ruzarimburwa.

29 Abakiranutsi bazaragwa igihugu,

Bakibemo iteka.

30 Akanwa k’umukiranutsi kavuga iby’ubwenge,

N’ururimi rwe ruvuga ibyo gukiranuka.

31 Amategeko y’Imana ye ari mu mutima we,

Nta ntambwe ze zizanyerera.

32 Umunyabyaha agenzura umukiranutsi,

Agashaka kumwica.

33 Uwiteka ntazamurekera mu kuboko kwe,

Kandi ntazamutsindisha mu manza.

34 Ujye utegereza Uwiteka ukomeze mu nzira ye,

Na we azagushyirira hejuru kuragwa igihugu,

Abanyabyaha bazarimburwa ureba.

35 Nabonye umunyabyaha afite ubutware bukomeye,

Agāye nk’igiti kibisi cyishimiye ubutaka.

36 Maze barahanyuze basanga adahari,

Kandi naramushatse ntiyaboneka.

37 Witegereze uboneye rwose, urebe utunganye,

Kuko umunyamahoro azagira urubyaro.

38 Abacumura bo bazarimburirwa hamwe,

Urubyaro rw’umunyabyaha ruzarimburwa.

39 Ariko agakiza k’abakiranutsi gaturuka ku Uwiteka,

Ni we gihome kibakingira mu gihe cy’amakuba.

40 Kandi Uwiteka arabatabara akabārura,

Abārura mu banyabyaha akabakiza,

Kuko bamuhungiyeho.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + nine =