Zab 53

1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi babwirisha inanga ijwi ryitwa Mahalati. Ni indirimbo ya Dawidi yahimbishijwe ubwenge.

2 Umupfapfa ajya yibwira ati “Nta Mana iriho.”

Bononekaye bakiraniwe ibyo kwangwa urunuka,

Nta wukora ibyiza.

3 Imana yarebye abantu iri mu ijuru,

Kugira ngo imenye yuko harimo abanyabwenge bashaka Imana.

4 Bose basubiye inyuma,

Bose bandurijwe hamwe,

Nta wukora ibyiza n’umwe.

5 Mbese inkozi z’ibibi nta bwenge zifite,

Ko barya abantu banjye nk’uko barya umutsima,

Kandi ntibambaze Imana?

6 Aho ngaho bahagiriye ubwoba bwinshi ari nta mpamvu,

Kuko Imana yashandaje amagufwa y’uwagerereje ngo agutere,

Wabakojeje isoni kuko Imana yabasuzuguye.

7 Icyampa agakiza k’Abisirayeli kakaba kavuye i Siyoni,

Imana nisubizayo ubwoko bwayo bwajyanywe ho iminyago,

Ni bwo Abayakobo bazishima,

Abisirayeli bazanezerwa.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − three =