1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi babwira inanga. Ni Zaburi ya Dawidi.
2 Mana, umva gutaka kwanjye,
Tyariza ugutwi gusenga kwanjye.
3 Mpagaze ku mpera y’isi nzajya ngutabaza,
Uko umutima wanjye uzagwa isari.
Unshyire ku gitare kirekire ntakwishyiraho,
4 Kuko wambereye ubuhungiro,
N’igihome kirekire kinkingira umwanzi.
5 Nzaguma mu ihema ryawe iteka,
Nzahungira mu bwihisho bwo mu mababa yawe.
Sela.
6 Kuko wowe Mana, wumvise umuhigo wanjye,
Umpaye umwandu uhabwa abubaha izina ryawe.
7 Uzongerera umwami iminsi y’ubugingo bwe,
Imyaka ye izabe nk’iy’ab’ibihe byinshi.
8 Azaguma mu maso y’Imana iteka,
Itegura imbabazi n’umurava kugira ngo bimurinde.
9 Bizatuma ndirimbira izina ryawe ishimwe iteka,
Ngo mpigure umuhigo wanjye uko bukeye.