1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi. Ni iyo mu buryo bwa Yedutuni. Ni Zaburi ya Dawidi.
2 Umutima wanjye uturize Imana yonyine,
Ni yo agakiza kanjye gaturukaho.
3 Ni yo gitare cyanjye yonyine n’agakiza kanjye,
Ni igihome kirekire kinkingira sinzanyeganyezwa cyane.
4 Muzageza he gutera umuntu ngo mumwicane mwese,
Nk’inkike ibogamye, nk’uruzitiro runyeganyega?
5 Iki cyonyine ni cyo bajya inama,
Ni ukugira ngo bamusunike ngo agwe,
Ave mu cyubahiro cye.
Bishimira ibinyoma,
Basabirisha umugisha akanwa kabo,
Ariko bavumisha imitima yabo.
Sela.
6 Mutima wanjye turiza Imana yonyine,
Kuko ari yo ibyiringiro byanjye biturukaho.
7 Ni yo gitare cyanjye yonyine n’agakiza kanjye,
Ni igihome kirekire kinkingira sinzanyeganyezwa.
8 Imana ni yo irimo agakiza kanjye n’icyubahiro cyanjye,
Igitare cy’imbaraga zanjye n’ubuhungiro bwanjye biri mu Mana.
9 Mwa bantu mwe, mujye muyiringira,
Ibyo mu mitima yanyu mubisuke imbere yayo,
Imana ni yo buhungiro bwacu.
Sela.
10 Ni ukuri aboroheje ni umwuka gusa,
Kandi abakomeye ni ibinyoma.
Nibashyirwa mu gipimo ntibazika bazateruka,
Bose bateranye umwuka ubarusha kuremera.
11 Ntimwiringire agahato,
Ntimwizigirire ubusa kunyaga,
Ubutunzi nibugwira ntibuzabaherane imitima.
12 Imana yavuze rimwe, nabyumvise kabiri,
Ngo “Imana ni yo ifite ububasha.”
13 Kandi ni wowe Mwami ufite imbabazi,
Kuko witura umuntu wese ibikwiriye umurimo we.