1 Zaburi ya Dawidi yahimbye ubwo yari ari mu butayu bw’i Buyuda.
2 Mana, ni wowe Mana yanjye ndazindukira kugushaka,
Umutima wanjye ukugirira inyota,
Umubiri wanjye ugukumburira mu gihugu cyumye,
Kiruhijwe n’amapfa kitagira amazi.
3 Uko ni ko nagutumbiririye ahera hawe,
Kugira ngo ndebe imbaraga zawe n’ubwiza bwawe.
4 Kuko imbabazi zawe ari izo gukundwa kuruta ubugingo,
Iminwa yanjye izagushima.
5 Uko ni ko nzaguhimbaza nkiriho,
Izina ryawe ni ryo nzamanikira amaboko.
6 Umutima wanjye uzahazwa nk’uriye umusokoro n’umubyibuho,
Akanwa kanjye kazagushimisha iminwa yishima,
7 Uko nzakwibukira ku buriri bwanjye,
Nkagutekereza mu bicuku by’ijoro.
8 Kuko wambereye umufasha,
Kandi nzavugiriza impundu mu gicucu cy’amababa yawe.
9 Umutima wanjye ukÅmaho,
Ukuboko kwawe kw’iburyo kurandamira.
10 Ariko abashakira ubugingo bwanjye kubutsemba,
Bazajya ikuzimu.
11 Bazahabwa gutwarwa n’inkota,
Bazaba umugabane w’ingunzu.
12 Ariko umwami azishimira Imana,
Uyirahira wese azirata,
Kuko akanwa k’ababeshya kazazibywa.