Isanduku icyurwa mu rusengero 1 Uko ni ko umurimo wose Salomo yakoreraga inzu y’Uwiteka warangiye. Maze Salomo acyura ibintu byatuwe na se Dawidi, iby’ifeza n’izahabu n’ibintu byose, abishyira mu bubiko bwo mu nzu y’Imana. 2 Salomo aherako ateraniriza i Yerusalemu abakuru b’Abisirayeli, n’abatware b’imiryango bose n’abatware b’amazu ya ba sekuruza b’Abisirayeli, kugira ngo bazamure isanduku […]
Monthly Archives: October 2017
2 Amateka 6
Isengesho rya Salomo 1 Salomo aherako aravuga ati “Uwiteka wavuze ko azaba mu mwijima w’icuraburindi. 2 Ariko nakubakiye inzu yo kubamo, aho uzatura iteka ryose.” 3 Umwami arahindukira aha iteraniro ry’Abisirayeli ryose umugisha, iteraniro ry’Abisirayeli ryose ryari rihagaze. 4 Aravuga ati “Uwiteka Imana ya Isirayeli ihimbazwe, ni yo yivuganiye n’umukambwe wanjye Dawidi mu kanwa kayo, […]
2 Amateka 7
Icyubahiro cy’Imana cyuzura urusengero 1 Nuko Salomo amaze gusenga, umuriro umanuka uva mu ijuru wotsa igitambo cyo koswa n’ibindi bitambo, icyubahiro cy’Uwiteka cyuzura inzu. 2 Abatambyi ntibabasha kwinjira mu nzu y’Uwiteka, kuko icyubahiro cy’Uwiteka cyuzuye inzu y’Uwiteka. 3 Abisirayeli bose babonye uko umuriro wamanutse, icyubahiro cy’Uwiteka kikaba ku nzu, barunama bubika amaso hasi ku mabuye […]
2 Amateka 8
Imyubakire ya Salomo 1 Imyaka makumyabiri ishize, ari yo Salomo yubakiye inzu y’Uwiteka n’inzu ye bwite, 2 Salomo arongera yubaka imidugudu Hiramu yamuhaye, ayituzamo Abisirayeli. 3 Hanyuma Salomo atera i Hamatisoba arahatsinda. 4 Aherako yubaka i Tadumori mu butayu, n’imidugudu y’ububiko yose yubatse i Hamati. 5 Kandi yubaka i Betihoroni yo haruguru n’i Betihoroni yo […]
2 Amateka 9
Iby’Umugabekazi w’i Sheba 1 Umugabekazi w’i Sheba yumvise inkuru ya Salomo, aza i Yerusalemu azanywe no kumubaza ibinaniranye amugerageza. Yari azanye n’abantu benshi cyane n’ingamiya zihetse ibihumura neza, n’izahabu nyinshi cyane n’amabuye y’igiciro cyinshi. Ageze kuri Salomo amurondorera ibyari mu mutima we byose. 2 Salomo amusobanurira ibyo yamubajije byose, nta kintu cyasobye Salomo atamusobanuriye. 3 […]
2 Amateka 10
Rehobowamu atwaza igitugu, Abisirayeli baramugandira 1 Rehobowamu ajya i Shekemu, kuko ari ho Abisirayeli bose bari bagiye kumwimikira. 2 Bukeye Yerobowamu mwene Nebati abyumvise (kuko yari muri Egiputa aho yari yarahungiye Umwami Salomo), aracikuka. 3 Baramutumira, nuko Yerobowamu n’Abisirayeli bose baraza babwira Rehobowamu bati 4 “So yadushyizeho uburetwa butubabaza, nuko none utworohereze iyo mihakire ya […]
2 Amateka 11
Abayuda bikomeza 1 Nuko Rehobowamu ageze i Yerusalemu ateranya umuryango wa Yuda n’uwa Benyamini, ayirobanuramo abagabo batoranije bo kurwanya Abisirayeli agahumbi n’inzovu munani, ngo bagarurire Rehobowamu igihugu cye. 2 Ariko ijambo ry’Uwiteka riza kuri Shemaya umuntu w’Imana riti 3 “Bwira Rehobowamu mwene Salomo umwami w’Abayuda, n’Abisirayeli bose bari i Buyuda n’i Bubenyamini uti 4 ‘Uku […]
2 Amateka 12
Umwami wa Egiputa atera i Buyuda asahura urusengero 1 Hanyuma Rehobowamu amaze gukomeza ubwami bwe, areka amategeko y’Uwiteka hamwe n’Abisirayeli bose. 2 Nuko mu mwaka wa gatatu ku ngoma ya Rehobowamu, Shishaki umwami wa Egiputa atera i Yerusalemu kuko bacumuye ku Uwiteka. 3 Yari afite amagare igihumbi na magana abiri, n’abagendera ku mafarashi inzovu esheshatu, […]
2 Amateka 13
Abayuda banesha Abisirayeli 1 Mu mwaka wa cumi n’umunani ku ngoma ya Yerobowamu, Abiya yatangiye gutegeka i Buyuda. 2 Amara imyaka itatu i Yerusalemu ari ku ngoma, kandi nyina yitwaga Mikaya umukobwa wa Uriyeli w’i Gibeya. Nuko habaho intambara hagati ya Abiya na Yerobowamu. 3 Abiya atabarana n’ingabo z’intwari, abagabo batoranijwe uduhumbi tune. Yerobowamu na […]
2 Amateka 14
Asa aterwa n’Abanyetiyopiya, atakambira Uwiteka aramukiza 1 Asa akora ibyiza bishimwe n’Uwiteka Imana ye, 2 kuko yakuyeho ibicaniro by’ibinyamahanga n’ingoro, agasenya inkingi z’amabuye bubatse, agatema kandi agatsinda ibishushanyo bya Ashera bibajwe, 3 maze ategeka Abayuda gushaka Uwiteka Imana ya ba sekuruza, no kwitondera amategeko yayo n’ibyo yategetse. 4 Kandi akura mu midugudu y’i Buyuda yose […]