Hezekiya yongerwa imyaka yo kubaho 1 Muri iyo minsi Hezekiya ararwara yenda gupfa. Bukeye umuhanuzi Yesaya mwene Amosi aramusanga aramubwira ati “Uwiteka aravuze ngo ‘Tegeka iby’inzu yawe kuko utazakira, ahubwo ugiye gutanga.’ ” 2 Hezekiya yerekera ivure, atakambira Uwiteka ati 3 “Ndakwinginze Uwiteka, uyu munsi wibuke ko najyaga ngendera mu by’ukuri imbere yawe n’umutima utunganye, […]
Monthly Archives: October 2017
2 Bami 21
Umwami Manase akora ibyangwa n’Uwiteka 1 Manase yimye amaze imyaka cumi n’ibiri avutse, amara imyaka mirongo itanu i Yerusalemu ari ku ngoma. Nyina yitwaga Hefusiba. 2 Ariko akora ibyangwa n’Uwiteka, akurikiza ibizira by’abanyamahanga Uwiteka yirukanye imbere y’Abisirayeli. 3 Yongera kubaka ingoro se Hezekiya yari yarashenye yubaka n’ibicaniro bya Bāli, arema Ashera nk’uko Ahabu umwami w’Abisirayeli […]
2 Bami 22
Iby’ingoma ya Yosiya 1 Yosiya yimye amaze imyaka munani avutse, amara imyaka mirongo itatu n’umwe i Yerusalemu ari ku ngoma. Nyina yitwaga Yedida mwene Adaya w’i Bosikati. 2 Ariko we akora ibishimwa imbere y’Uwiteka, agendana ingeso nziza za sekuruza Dawidi zose, ntiyakebakeba. Asanisha inzu y’Imana, babona igitabo cy’amateka 3 Kandi Umwami Yosiya amaze imyaka cumi […]
2 Bami 23
Yosiya agarura abantu ku Mana, arwanya iby’ubupagani 1 Maze umwami atumira abakuru b’Abayuda n’ab’i Yerusalemu bose, bateranira aho ari. 2 Bageze aho, umwami arazamuka ajya mu nzu y’Uwiteka, hamwe n’abagabo b’Abayuda bose n’ab’i Yerusalemu bose, bajyana na we n’abatambyi n’abahanuzi n’abantu bose, aboroheje n’abakomeye. Amagambo yose yo muri icyo gitabo cy’isezerano cyabonetse mu nzu y’Uwiteka, […]
2 Bami 24
Nebukadinezari atsinda i Yerusalemu 1 Ku ngoma ya Yehoyakimu, Nebukadinezari umwami w’i Babuloni arabatera, Yehoyakimu amuyoboka imyaka itatu. Ariko iyo myaka ishize aramuhindukaka, aramugomera. 2 Maze Uwiteka amuteza ibitero by’Abakaludaya n’Abasiriya n’Abamowabu n’Abamoni, arabohereza abateza i Buyuda ngo baharimbure, nk’uko Uwiteka yari yavugiye mu bagaragu be b’abahanuzi. 3 Ni ukuri, itegeko ry’Uwiteka ni ryo ryatumye […]
2 Bami 25
Nebukadinezari yongera kugota i Yerusalemu arahatsinda 1 Mu mwaka wa cyenda wo ku ngoma ya Sedekiya mu kwezi kwa cumi, ku munsi wa cumi muri uko kwezi, Nebukadinezari umwami w’i Babuloni yazanye ingabo ze zose atera i Yerusalemu arahagerereza, bubakaho ibihome impande zose. 2 Nuko bagota uwo murwa kugeza mu mwaka wa cumi n’umwe ku […]
1 Bami 1
Dawidi akiriho yimika Salomo 1 Umwami Dawidi yari ashaje ageze mu za bukuru, bakamworosa imyenda ntasusurukirwe. 2 Nuko abagaragu be baramubwira bati “Mwami nyagasani, bagushakire umukobwa w’inkumi abane nawe, ajye agukuyakuya agupfumbate, kugira ngo ususurukirwe, nyagasani.” 3 Nuko bashaka umukobwa mwiza mu bihugu byose bya Isirayeli, babona Abisagi w’i Shunemu bamuzanira umwami. 4 Uwo mukobwa […]
1 Bami 2
Dawidi araga Salomo maze aratanga 1 Igihe cya Dawidi cyo gutanga cyenda gusohora, yihanangiriza umuhungu we Salomo aramubwira ati 2 “Ubu ndagiye nk’uko ab’isi bose bagenda. Nuko komera ugaragaze ko uri umugabo. 3 Ujye wumvira ibyo Uwiteka Imana yawe yakwihanangirije: ni ko kugendera mu nzira zayo, ukitondera amategeko yayo n’ibyo yategetse, n’amateka n’ibyo yahamije nk’uko […]
1 Bami 3
1 Salomo yuzura na Farawo umwami wa Egiputa arongora umukobwa we, amuzana mu mudugudu wa Dawidi agumayo kugeza aho Salomo yamariye kubaka inzu ye bwite n’iy’Uwiteka, n’inkike zo kugota i Yerusalemu. 2 Icyo gihe abantu batambiraga mu nsengero zo ku tununga, kuko kugeza ubwo hatariho inzu yubakiwe izina ry’Uwiteka. 3 Salomo yakundaga Uwiteka akagendera mu […]
1 Bami 4
Abatware ba Salomo 1 Nuko Umwami Salomo aba umwami w’Abisirayeli bose, 2 kandi aba ni bo batware be: Azariya mwene Sadoki umutambyi, 3 Elihorefu na Ahiya bene Shisha bari abanditsi, Yehoshafati mwene Ahiludi ni we wari umucurabwenge. 4 Benaya mwene Yehoyada yari umugaba w’ingabo, Sadoki na Abiyatari bari abatambyi. 5 Azariya mwene Natani yari umutware […]