Yesu atuma abigishwa be cumi na babiri kwigisha 1 Ahamagara abigishwa be cumi na babiri arabateranya, abaha ubushobozi n’ubutware bwo gutegeka abadayimoni bose no gukiza indwara. 2 Abatuma kubwiriza abantu iby’ubwami bw’Imana no gukiza abarwayi, 3 ati “Ntimujyane ikintu cy’urugendo, ari inkoni cyangwa imvumba, cyangwa umutsima cyangwa ifeza, kandi ntimujyane amakanzu abiri. 4 Inzu yose […]
Author Archives: admin
Lk 10
Yesu atuma abigishwa mirongo irindwi 1 Hanyuma y’ibyo Umwami Yesu atoranya abandi mirongo irindwi, atuma babiri babiri ngo bamubanzirize, bajye mu midugudu yose n’aho yendaga kujya hose. 2 Arababwira ati “Ibisarurwa ni byinshi ariko abasaruzi ni bake, nuko mwinginge nyir’ibisarurwa ngo yohereze abasaruzi mu bisarurwa bye. 3 Nimugende, dore mbatumye mumeze nk’abana b’intama hagati y’amasega. […]
Lk 11
Yesu yigisha abigishwa be gusenga 1 Nuko ari ahantu hamwe asenga, arangije umwe mu bigishwa be aramubwira ati “Databuja, twigishe gusenga nk’uko Yohana yigishije abigishwa be.” 2 Arababwira ati “Nimusenga mujye muvuga muti ‘Data wa twese, Izina ryawe ryubahwe, Ubwami bwawe buze. 3 Uko bukeye ujye uduha ibyokurya byacu by’uwo munsi. 4 Utubabarire ibyaha byacu, […]
Lk 12
Twe gutinya abantu 1 Muri icyo gihe abantu ibihumbi byinshi bateranira aho ari, ndetse bigeza aho bakandagirana. Nuko abwira abigishwa be ati “Mubanze mwirinde umusemburo w’Abafarisayo ari wo buryarya, 2 kuko ari nta cyatwikiriwe kitazatwikururwa, cyangwa icyahishwe kitazamenyekana. 3 Nuko ibyo mwavugiye mu mwijima byose bizumvikanira mu mucyo, n’icyo mwongoreraniye mu mazu imbere kizavugirwa hejuru […]
Lk 13
Abanyagalilaya bishwe na Pilato 1 Muri icyo gihe hari abantu bari bahari bamutekerereza iby’Abanyagalilaya, abo Pilato yavangiye amaraso yabo n’ibitambo byabo. 2 Yesu arabasubiza ati “Mbese mugira ngo abo Banyagalilaya bari abanyabyaha kuruta abandi Banyagalilaya, ubwo bababajwe batyo? 3 Ndababwira yuko atari ko biri, ahubwo namwe nimutihana muzarimbuka mutyo mwese. 4 Cyangwa se ba bandi […]
Lk 14
Yesu akiza umuntu urwaye urushwima 1 Ku munsi w’isabato, yinjiye mu nzu y’umwe mu batware b’Abafarisayo ngo basangire baramugenza. 2 Imbere ye hariho umuntu urwaye urushwima. 3 Yesu abaza abigishamategeko n’Abafarisayo ati “Mbese amategeko yemera ko ari byiza gukiza umuntu ku isabato, cyangwa ntiyemera?” 4 Maze baraceceka. Amukoraho aramukiza, aramusezerera. 5 Nuko arababaza ati “Ni […]
Lk 15
Intama yazimiye n’igice cy’ifeza cyabuze 1 Nuko abakoresha b’ikoro bose n’abanyabyaha baramwegera ngo bamwumve. 2 Abafarisayo n’abanditsi barabyivovotera bati “Uyu yiyegereza abanyabyaha, kandi agasangira na bo.” 3 Abacira uyu mugani ati 4 “Ni nde muri mwe waba afite intama ijana akazimiza imwe muri zo, ntasige izindi mirongo urwenda n’icyenda mu gasozi, akajya gushaka iyazimiye kugeza […]
Lk 16
Yesu acira abantu umugani w’igisonga kibi 1 Kandi abwira abigishwa be ati “Hariho umutunzi wari ufite igisonga cye, bakimuregaho ko cyaya ibintu bye. 2 Aragihamagara arakibwira ati ‘Ibyo nkumvaho ni ibiki? Murikira ibyo nakubikije kuko utagikwiriye kuba igisonga cyanjye.’ 3 Icyo gisonga kirībwira kiti ‘Ko databuja ari bunyage ubutware bwanjye nkaba ntashobora guhinga, nkagira isoni […]
Lk 17
Ibisitaza abantu 1 Nuko abwira abigishwa be ati “Nta cyabuza ibisitaza kuza, ariko ubizana azabona ishyano. 2 Ibyamubera byiza ni uko yahambirwa urusyo mu ijosi akarohwa mu nyanja, biruta ko yagusha umwe muri aba batoya. 3 Mwirinde! “Mwene so nakora nabi umucyahe, niyihana umubabarire. 4 Kandi nakugirira nabi ku munsi umwe, akaguhindukirira karindwi ati ‘Ndihannye’, […]
Lk 18
Umugani w’umucamanza n’umupfakazi wamutitirije 1 Abacira umugani wo kubigisha ko bakwiriye gusenga iteka ntibarambirwe. Arababwira ati 2 “Hariho umucamanza mu mudugudu umwe, utubaha Imana ntiyite ku bantu. 3 Muri uwo mudugudu harimo umupfakazi, aramusanga aramubwira ati ‘Ndengera ku mwanzi wanjye.’ 4 Amara iminsi atemera, ariko aho ageze aribwira ati ‘Nubwo ntubaha Imana kandi sinite ku […]