Ibyaha by’ibikomangoma n’iby’abahanuzi babo 1 Maze ndavuga nti “Nimwumve batware ba Yakobo, namwe bacamanza b’inzu ya Isirayeli. Mbese si ibyanyu kumenya imanza zitabera? 2 Yemwe abanga ibyiza mugakunda ibibi, mugashishimura uruhu ku bantu banjye, mugakuraho inyama ku magufwa yabo, 3 kandi mukarya inyama z’ubwoko bwanjye, mukabunaho uruhu, mukabamenagura n’amagufwa, ndetse mukabicoca nk’ibyo bashyira mu nkono, […]
Author Archives: admin
Mika 4
Ahanura ubwami bw’amahoro n’uko abirukanywe bazagarurwa 1 Ariko mu minsi y’imperuka, umusozi wubatsweho urusengero rw’Uwiteka uzakomerezwa mu mpinga z’imisozi, ushyirwe hejuru usumbe iyindi, n’amoko azawushikira. 2 Kandi amahanga menshi azahaguruka avuge ati “Nimuze tuzamuke tujye ku musozi w’Uwiteka no ku rusengero rw’Imana ya Yakobo, kandi izatuyobora inzira zayo tuzigenderemo.” Kuko i Siyoni ari ho hazava […]
Mika 5
Umutegetsi uzakomoka i Betelehemu 1 Ariko wowe Betelehemu Efurata, uri mutoya mu bihumbi by’i Buyuda, muri wowe ni ho hazava uzaba umwami wa Isirayeli akansanga, imirambagirire ye ni iy’iteka uhereye kera kose. 2 Ni cyo gituma azabatanga kugeza igihe uwo uri ku nda azabyarira, kandi abasigaye bo muri bene se bazagarukira Abisirayeli. 3 Azakomera aragire […]
Mika 6
Ibyo Imana ishaka ku bantu bayo 1 Noneho nimwumve icyo Uwiteka avuga ati “Haguruka uburanire imbere y’imisozi, udusozi twumve ijwi ryawe. 2 “Mwa misozi mwe, namwe mfatiro z’isi zitajegajega, nimwumve kuburana k’Uwiteka, kuko Uwiteka afitanye urubanza n’ubwoko bwe kandi azaburana na Isirayeli. 3 “Yewe bwoko bwanjye nakugize nte? Icyo nakuruhijeho ni iki? Ukimpamye. 4 Nakuzamuye […]
Mika 7
Uburyo Imana ibyutsa abaguye ikababarira abihannye 1 Mbonye ishyano, kuko meze nk’ushaka imbuto zo ku mpeshyi ahamaze gusarurwa, cyangwa nk’ugiye guhumba imizabibu isarura rishize, ari nta seri ryo kurya kandi umutima wanjye urarikiye imbuto z’umutini z’umwimambere! 2 Abubaha Imana bashize mu isi kandi mu bantu nta n’umwe utunganye, bose bacira igico kuvusha amaraso, umuntu wese […]
Yonasi 1
Yona yanga gutumwa, umuyaga ubakubira mu nyanja 1 Ijambo ry’Uwiteka ryaje kuri Yona mwene Amitayi riramubwira riti 2 “Haguruka ujye i Nineve wa murwa munini, uwuburire kuko ibyaha byabo birundanije bikagera imbere yanjye.” 3 Ariko Yona arahaguruka ngo acikire i Tarushishi, ahunge Uwiteka. Amanukana i Yopa abona inkuge ijya i Tarushishi, maze atanga ihoro, ajya […]
Yonasi 2
1 Uwiteka ategeka urufi runini rumira Yona, maze Yona amara mu nda y’urufi iminsi itatu n’amajoro atatu. Yona asengera mu nda y’urufi 2 Maze Yona asengera Uwiteka Imana ye mu nda y’urufi ati 3 “Nagize ibyago ntakira Uwiteka aransubiza, Nahamagariye mu nda y’ikuzimu, Wumva ijwi ryanjye. 4 Kuko wanjugunye imuhengeri mu nyanja, Umwuzure warangose, Ibigogo […]
Yonasi 3
Yona yongera gutumwa i Nineve 1 Maze ijambo ry’Uwiteka rigera kuri Yona ubwa kabiri riramubwira riti 2 “Haguruka ujye i Nineve wa murwa munini, uwuburire imiburo nzakubwira.” 3 Nuko Yona arahaguruka ajya i Nineve nk’uko Uwiteka yamutegetse. Kandi Nineve wari umurwa munini cyane, kuwuzenguka rwari urugendo rw’iminsi itatu. 4 Yona atangira kujya mu mudugudu, agenda […]
Yonasi 4
Yona arakazwa n’uko Imana ibabariye i Nineve 1 Ariko ibyo bibabaza Yona cyane ararakara, 2 asenga Uwiteka ati “Uwiteka, si icyo navugaga nkiri iwacu? Ni cyo cyatumye nshoka mpungira i Tarushishi, kuko namenye ko uri Imana igira ubuntu n’imbabazi, itinda kurakara, ifite kugira neza kwinshi kandi yibuza kugira nabi. 3 None rero Uwiteka, ndakwinginze unyice […]
Obad 1
Imana izahana Edomu ibahoye kurenganya Isirayeli 1 Ibyo Obadiya yeretswe. Ibi ni byo Uwiteka Imana ivuga kuri Edomu: Amosi 1.11-12; Mal 1.2-5 Twumvise ubutumwa buvuye ku Uwiteka, kandi intumwa yatumwe mu mahanga ati “Nimuhaguruke kandi natwe duhaguruke dutere ubwo bwoko. 2 Dore mu yandi mahanga nakugize ishyanga rito, urahinyurwa cyane. 3 Ubwibone bw’umutima wawe bwaragushutse, […]