1 Amateka 9

1 Nuko Abisirayeli bose barabarwa uko kuvuka kwabo kwari kuri, kandi byanditswe mu gitabo cy’abami b’Abisirayeli. Abari batuye i Yerusalemu Abayuda bajyanwa ho iminyago i Babuloni ku bw’igicumuro cyabo. 2 Ababanje gutura muri gakondo yabo mu midugudu yabo ni aba: Abisirayeli n’abatambyi, n’Abalewi n’Abanetinimu. 3 Kandi muri Yerusalemu haturagamo bamwe b’Abayuda n’ab’Ababenyamini, n’ab’Abefurayimu n’ab’Abamanase. 4 […]

1 Amateka 10

Gupfa kwa Sawuli 1 Hariho ubwo Abafilisitiya barwanije Abisirayeli, Abisirayeli barabahunga batsindirwa ku musozi w’i Gilibowa. 2 Abafilisitiya basendekereza Sawuli n’abahungu be, bica Yonatani na Abinadabu na Malikishuwa bene Sawuli. 3 Intambara isumbiriza Sawuli, abarashi bamugeraho ariheba cyane. 4 Sawuli ni ko kubwira umutwaje intwaro ati “Kura inkota yawe uyinsogote, bariya batakebwe bataza banshinyagurira.” Ariko […]

1 Amateka 11

Abisirayeli bimika Dawidi 1 Bukeye Abisirayeli bose bateranira aho Dawidi yari ari i Heburoni baravuga bati “Umva turi amaraso yawe, turi ubura bwawe. 2 Mu bihe bya kera ubwo Sawuli yari umwami, ni wowe watabazaga Abisirayeli ukabataburura, kandi Uwiteka Imana yawe yarakubwiye iti ‘Ni wowe uzaragira ubwoko bwanjye bwa Isirayeli’. Kandi iti ‘Uzaba umugaba w’ubwoko […]

1 Amateka 12

Ababanje kuyoboka Dawidi 1 Aba ni bo basanze Dawidi i Sikulagi, ubwo yari acyihishe Sawuli mwene Kishi, bari muri za ntwari zamutabaraga mu ntambara. 2 Batwaraga imiheto bakabasha gutwarira amaboko yombi, bateresha amabuye imihumetso, barashisha n’imyambi imiheto. Bari bene wabo wa Sawuli bo mu Babenyamini. 3 Umukuru ni Ahiyezeri, agakurikirwa na Yowasi ari bo bene […]

1 Amateka 13

Dawidi ajya kwenda isanduku y’Uwiteka. Uza apfa. Isanduku iguma kwa Obededomu 1 Nuko Dawidi ajya inama n’abatware batwara ibihumbi, n’abatwara amagana n’abandi batware bose. 2 Dawidi abwira iteraniro ry’Abisirayeli ryose ati “Ibi niba mubishima kandi niba bivuye ku Uwiteka Imana yacu, dutume hose kuri bene wacu basigaye mu gihugu cya Isirayeli cyose, no ku batambyi […]

1 Amateka 14

Hiramu afasha Dawidi. Amazina y’abana ba Dawidi 1 Hiramu umwami w’i Tiro yohereza intumwa kuri Dawidi, n’ibiti by’imyerezi n’abazi kubakisha amabuye n’ababaji, ngo bamwubakire inzu. 2 Nuko Dawidi amenya ko Uwiteka amukomereje ubwami bwa Isirayeli ngo bube ubwe, kuko ubwami bwe bwashyiriwe hejuru ku bw’ubwoko bwe bw’Abisirayeli. 3 Bukeye Dawidi yongera kurongora abandi bagore ari […]

1 Amateka 15

Dawidi azana isanduku y’Imana mu rurembo 1 Bukeye Dawidi yiyubakira amazu mu rurembo rwa Dawidi, atunganiriza isanduku y’Imana ahantu, ayibambira ihema. 2 Dawidi aravuga ati “Nta muntu ukwiriye kuremērwa isanduku y’Imana keretse Abalewi, kuko ari bo Uwiteka yatoranije kujya baremērwa isanduku y’Imana, bakayiremērwa iteka ryose.” 3 Bukeye Dawidi ateraniriza Abisirayeli bose i Yerusalemu, ngo bajye […]

1 Amateka 16

Ibirori byo kugarura isanduku, na zaburi bashimishije Imana 1 Nuko binjiza isanduku y’Imana bayitereka hagati mu ihema Dawidi yari yayibambiye, baherako batambira imbere y’Imana ibitambo byoswa, n’iby’ishimwe yuko bari amahoro. 2 Dawidi amaze gutamba igitambo cyoswa n’ibitambo by’ishimwe yuko ari amahoro, asabira abantu umugisha mu izina ry’Uwiteka. 3 Maze agaburira abantu ba Isirayeli bose, abagabo […]

1 Amateka 17

Dawidi ahakanirwa kubakira Imana inzu 1 Nuko Dawidi aganje mu nzu ye abwira umuhanuzi Natani ati “Dore jyewe mba mu nzu y’imyerezi, ariko isanduku y’isezerano ry’Uwiteka ikaba mu ihema.” 2 Natani asubiza Dawidi ati “Kora uko umutima wawe ushaka kose, kuko Imana iri kumwe nawe.” 3 Iryo joro ijambo ry’Imana rigera kuri Natani, iravuga iti […]

1 Amateka 18

Dawidi anesha Abafilisitiya n’Abamowabu 1 Hanyuma y’ibyo Dawidi anesha Abafilisitiya arabacogoza, ahindūra i Gati n’imidugudu yaho, ayinyaga Abafilisitiya. 2 Anesha n’i Mowabu, Abamowabu bahinduka abagaragu be, bamuzanira indabukirano. 3 Bukeye Dawidi anesha Hadarezeri umwami w’i Soba, amugeza i Hamati ubwo Hadarezeri yajyaga gukomeza ubwami bwe ku ruzi Ufurate. 4 Dawidi amunyaga amagare igihumbi n’abagendera ku […]