1 Bami 5

Iby’icyubahiro cya Salomo 1 Nuko Salomo ategeka ibihugu byose, uhereye kuri rwa ruzi ukageza ku gihugu cy’Abafilisitiya no ku rugabano rwa Egiputa, bakajya bamuzanira amaturo, bakamukorera iminsi yose yamaze akiriho. 2 Amagerero ya Salomo y’umunsi umwe yabaga incuro z’ifu y’ingezi mirongo itatu, n’iz’amafu meza mirongo itandatu, 3 n’inka zibyibushye cumi n’izindi zo mu gasozi makumyabiri, […]

1 Bami 6

Imyubakire y’inzu y’Imana 1 Hashize imyaka magana ane na mirongo inani Abisirayeli bavuye muri Egiputa, Salomo atangira kubaka inzu y’Uwiteka mu mwaka wa kane ari ku ngoma, hari mu kwezi kwa Zivu ari ko kwezi kwa kabiri. 2 Iyo nzu Umwami Salomo yubakiye Uwiteka, uburebure bwayo bw’umurambararo bwari mikono mirongo itandatu, ubugari bwayo bwari mikono […]

1 Bami 7

Salomo yiyubakira iye nzu 1 Hanyuma Salomo amara imyaka cumi n’itatu yubaka inzu ye, arayuzuza yose. 2 Yubaka n’inzu y’ibiti by’ikibira cy’i Lebanoni, uburebure bwayo bw’umurambararo bwari mikono ijana, ubugari bwayo bwari mikono mirongo itanu, kandi uburebure bwayo bw’igihagararo bwari mikono mirongo itatu. Kandi yari yubatswe ku nkingi z’imyerezi zishinzwe mu mirongo uko ari ine, […]

1 Bami 8

Bacyura isanduku mu rusengero 1 Hanyuma Salomo ateranya abakuru ba Isirayeli n’abatware b’imiryango bose, ari bo batware b’amazu ya ba sekuruza b’Abisirayeli, bateranira i Yerusalemu bitabye Umwami Salomo kugira ngo bazamure isanduku y’isezerano ry’Uwiteka, bayikure mu mudugudu wa Dawidi i Siyoni. 2 Nuko Abisirayeli bose bateranira aho Umwami Salomo ari, mu kwezi kwa Etanimu ari […]

1 Bami 9

Imana iburira Salomo 1 Nuko Salomo yuzuza inzu y’Uwiteka n’inzu y’ubwami, n’ibyo yishimiye gukora byose. 2 Bukeye Uwiteka abonekera Salomo ubwa kabiri, nk’uko yamubonekeraga i Gibeyoni. 3 Uwiteka aramubwira ati “Numvise gusenga kwawe no kwinginga kwawe wingingiye imbere yanjye. Nereje iyi nzu wubatse kugira ngo izina ryanjye riyibemo iteka ryose, kandi amaso yanjye n’umutima wanjye […]

1 Bami 10

Iby’umugabekazi w’i Sheba 1 Umugabekazi w’i Sheba yumvise kwamamara kwa Salomo ku bw’izina ry’Uwiteka, aza azanywe no kumubaza ibinaniranye, amugerageza. 2 Nuko agera i Yerusalemu ashagawe n’abantu benshi cyane, bafite ingamiya zihetse imibavu n’izahabu nyinshi cyane n’amabuye y’igiciro cyinshi. Ageze kuri Salomo amurondorera ibyari mu mutima we byose. 3 Salomo amusobanurira ibyo yamuhanuzaga byose. Nta […]

1 Bami 11

Salomo agushwa n’abagore benshi yarongoraga 1 Umwami Salomo yabengutse abagore benshi b’abanyamahanga udashyizeho umukobwa wa Farawo: Abamowabukazi n’Abamonikazi n’Abedomukazi, n’Abasidonikazi n’Abahetikazi 2 bakomoka mu mahanga Uwiteka yabwiraga Abisirayeli ati “Ntimukajye muri bo, na bo ntibakaze muri mwe, kuko byatuma bahindura imitima yanyu mugakurikira imana zabo.” Ariko Salomo yifatanya na bo arehejwe n’uko yababengutse. 3 Yari […]

1 Bami 12

Ubwami bwa Isirayeli bwigabanyamo kabiri 1 Bukeye Rehobowamu ajya i Shekemu, kuko ari ho Abisirayeli bose bari bagiye kumwimikira. 2 Icyo gihe Yerobowamu mwene Nebati yari akiri muri Egiputa, aho yari yarahungiye Umwami Salomo agaturayo, baramutumira. 3 Nuko Yerobowamu araza, azana n’ab’iteraniro rya Isirayeli bose babwira Rehobowamu bati 4 “So yadukoresheje uburetwa butubabaza, none utworohereze […]

1 Bami 13

Umuntu w’Imana yavumye igicaniro cya Yerobowamu 1 Bukeye haza umuntu w’Imana avuye i Buyuda, aza i Beteli azanywe n’ijambo ry’Imana. Ubwo Yerobowamu yari ahagaze ku gicaniro yosa imibavu. 2 Atera hejuru avugira kuri icyo gicaniro ijambo ry’Imana ati “Wa gicaniro we, wa gicaniro we, Uwiteka avuze atya ngo ‘Mu nzu ya Dawidi hazavuka umwana witwa […]

1 Bami 14

Ahiya ahanura ibizaba ku nzu ya Yerobowamu 1 Icyo gihe Abiya mwene Yerobowamu ararwara. 2 Yerobowamu abwira umugore we ati “Ndakwinginze haguruka wiyoberanye, utamenyekana ko uri muka Yerobowamu maze ujye i Shilo. Ni ho umuhanuzi Ahiya aba, wamvuzeho ko nzaba umwami w’ubu bwoko. 3 Kandi jyana imitsima cumi n’udutsima, n’ikibindi cy’umutsama umusange, na we azakubwire […]