1 Bami 9

Imana iburira Salomo

1 Nuko Salomo yuzuza inzu y’Uwiteka n’inzu y’ubwami, n’ibyo yishimiye gukora byose.

2 Bukeye Uwiteka abonekera Salomo ubwa kabiri, nk’uko yamubonekeraga i Gibeyoni.

3 Uwiteka aramubwira ati “Numvise gusenga kwawe no kwinginga kwawe wingingiye imbere yanjye. Nereje iyi nzu wubatse kugira ngo izina ryanjye riyibemo iteka ryose, kandi amaso yanjye n’umutima wanjye bizayihoraho iminsi yose.

4 Nuko nawe nugendera imbere yanjye nk’uko so Dawidi yagendaga ufite umutima ukiranutse kandi utunganye, ugakora ibyo nagutegetse byose, ukitondera amategeko n’amateka yanjye,

5 nanjye nzakomeza ingoma yawe mu Bisirayeli iteka ryose, nk’uko nasezeranye na so Dawidi nkamubwira nti ‘Ntabwo uzabura umuntu wo kwicara ku ntebe y’ubwami bwa Isirayeli.’

6 Ariko nimunteshuka cyangwa abana banyu, mukanyimūra ntimwitondere amategeko n’amateka yanjye nabashyize imbere, mukajya gukorera izindi mana mukaziramya,

7 nanjye nzarimbura Abisirayeli mu gihugu nabahaye, kandi iyi nzu nereje izina ryanjye nzayijugunya imve mu maso. Kandi Abisirayeli bazaba iciro ry’imigani n’agashinyaguro mu mahanga yose,

8 kandi iyi nzu nubwo ari ndende uzayinyura imbere wese azatangara yimyoze ati ‘Ariko ni iki cyatumye Uwiteka agenza iki gihugu n’iyi nzu bene aka kageni?’

9 Bazamusubiza bati ‘Ni uko baretse Uwiteka Imana yabo yakuye ba sekuruza babo mu gihugu cya Egiputa, bagakeza izindi mana bakaziramya, bakazikorera. Ni cyo cyatumye Uwiteka abateza ibi byago byose.’ ”

Indi mirimo ya Salomo

10 Nuko hashira imyaka makumyabiri ari yo Salomo yubakiyemo amazu yombi, iy’Uwiteka n’iy’ubwami.

11 Kandi Hiramu umwami w’i Tiro ni we wahaye Salomo ibiti by’imyerezi n’imiberoshi n’izahabu, uko ibyo yashakaga byose byanganaga. Nuko iyo myaka ishize, Umwami Salomo aha Hiramu imidugudu makumyabiri mu gihugu cy’i Galilaya.

12 Bukeye Hiramu ava i Tiro ajya kugenda iyo midugudu Salomo yamuhaye, ariko ntiyayishima.

13 Aravuga ati “Mbese mwana wa data, imidugudu wampaye ni midugudu ki?” Ni ko kuhahimba igihugu cy’i Kabuli, ari na ko hacyitwa na bugingo n’ubu.

14 Kandi Hiramu yari yaroherereje umwami italanto z’izahabu ijana na makumyabiri.

15 Nuko iyi ni yo mpamvu yatumye Umwami Salomo atoranya abanyagihe, kuko bari abo kubaka inzu y’Uwiteka n’iye ubwe, na Milo n’inkike z’amabuye z’i Yerusalemu, n’i Hasori n’i Megido n’i Gezeri.

16 Kandi Farawo umwami wa Egiputa yari yaratabaye atsinda i Gezeri arahatwika, yica Abanyakanāni bari bahatuye, abaha umukobwa we muka Salomo ho indongoranyo.

17 Nuko Salomo yubaka i Gezeri n’i Betihoroni yo hepfo,

18 n’i Bālati n’i Tamari mu gihugu cy’ishyamba,

19 n’imidugudu yose y’ingarama ya Salomo, n’iyacyurwagamo amagare ye n’iy’abagendera ku mafarashi be, n’amazu yashakaga kubaka i Yerusalemu n’i Lebanoni no mu gihugu cyose yatwaraga, kugira ngo yinezeze.

20 Abantu bose b’insigarizi b’Abamori n’Abaheti, n’Abaferizi n’Abahivi n’Abayebusi, abatari Abisirayeli,

21 abuzukuruza babo bari barasigaye mu gihugu, abo Abisirayeli batashoboye kurimbura rwose, abo ni bo Salomo yatoranyagamo abagira imbata na bugingo n’ubu.

22 Ariko mu Bisirayeli Salomo ntiyahinduragamo imbata, ahubwo bari ingabo zo kurwana, n’abagaragu be n’ibikomangoma bye, n’abatware b’ingabo ze n’abatware b’amagare ye n’ab’abagendera ku mafarashi be.

23 Abo ni bo batware bakuru bareberaga umurimo wa Salomo. Bose bari magana atanu na mirongo itanu, batwaraga abakozi.

24 Nuko umukobwa wa Farawo ava mu mudugudu wa Dawidi ataha mu nzu Salomo yamwubakiye. Icyo gihe ni bwo Salomo yubatse Milo.

25 Nuko Salomo akajya atamba gatatu mu mwaka ibitambo byoswa, n’ibitambo by’ishimwe yuko ari amahoro ku cyotero yubakiye Uwiteka, kandi akajya yosereza imibavu ku cyotero cyari imbere y’Uwiteka. Uko ni ko Salomo yujuje inzu.

26 Kandi Umwami Salomo yari yarabaje inkuge nyinshi, azitsika Esiyonigeberi hahereranye na Eloti ku nkengero y’Inyanja Itukura, mu gihugu cya Edomu.

27 Maze Hiramu yohereza muri izo nkuge abagaragu be b’abasare bamenyereye inyanja, bajyana n’abagaragu ba Salomo.

28 Baragenda bajya Ofiri bakurayo italanto z’izahabu magana ane na makumyabiri, bazishyira Umwami Salomo.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − one =