1 Sam 3

Imana ihishurira Samweli ibizaba ku nzu ya Eli

1 Uwo mwana Samweli yakoreraga Uwiteka imbere ya Eli. Kandi muri iyo minsi ijambo ry’Imana ryari ingume, nta kwerekwa kwari kweruye.

2 Icyo gihe Eli yari atangiye guhuma, atakibona. Bukeye mu maryama ajya ku buriri bwe,

3 itara ry’Imana ryari ritarazima kandi Samweli yari aryamye mu rusengero rw’Uwiteka, aho isanduku y’Imana iba.

4 Maze Uwiteka ahamagara Samweli na we ati “Karame!”

5 Arirukanka asanga Eli ati “Nditabye kuko umpamagaye.”

Eli ati “Singuhamagaye subira kuryama.” Nuko asubira kuryama.

6 Uwiteka yongera guhamagara Samweli, arabaduka asanga Eli aravuga ati “Nditabye kuko umpamagaye.”

Aramusubiza ati “Mwana wanjye, singuhamagaye subira kuryama.”

7 Ariko Samweli yari ataramenya Uwiteka, kandi atarahishurirwa n’ijambo rye.

8 Uwiteka ahamagara Samweli ubwa gatatu. Arabaduka asanga Eli ati “Nditabye kuko umpamagaye.”

Maze Eli amenya ko ari Uwiteka uhamagaye uwo mwana.

9 Ni ko kubwira Samweli ati “Genda subira kuryama. Niyongera kuguhamagara umusubize uti ‘Uwiteka, vuga kuko umugaragu wawe nteze amatwi.’ ” Nuko Samweli asubira kuryama aho yari ari.

10 Maze Uwiteka araza ahagarara aho, aramuhamagara nk’ubwa mbere ati “Samweli, Samweli!”

Na we ati “Umbwire kuko umugaragu wawe nteze amatwi.”

11 Nuko Uwiteka abwira Samweli ati “Dore nzakora ikintu muri Isirayeli, uzacyumva wese amatwi azacura injereri.

12 Uwo munsi nzasohoreza Eli ibyo navuze ku nzu ye byose, uhereye mu itangira ryabyo ukageza mu iherezo ryabyo.

13 Namubwiye ko nzacira inzu ye urubanza rw’iteka ryose mbahōra gukiranirwa yamenye, kuko abahungu be bizaniye umuvumo ntababuze.

14 Ni cyo cyatumye ndahirira inzu ya Eli nti ‘Icyaha cy’inzu ya Eli ntikizahongererwa icyiru cy’igitambo cyangwa amaturo iteka ryose.’ ”

15 Nuko Samweli araryama ageza mu gitondo, bukeye akingura inzugi z’inzu y’Uwiteka ariko atinya kubwira Eli ibyo yeretswe.

16 Nuko Eli ahamagara Samweli aramubwira ati “Mwana wanjye Samweli.”

Na we ati “Karame!”

17 Aramubaza ati “Uwiteka yakubwiye iki? Ndakwinginze ntumpishe. Numpisha ikintu na kimwe mu byo yakubwiye byose, Uwiteka abiguhōre ndetse akurushirizeho.”

18 Samweli amurondorera byose ntiyagira icyo amuhisha. Nuko Eli aramusubiza ati “Ni Uwiteka, nakore icyo ashaka.”

19 Samweli arakura, Uwiteka abana na we ntiyakunda ko hagira ijambo na rimwe rya Samweli rigwa hasi.

20 Nuko Abisirayeli bose, uhereye i Dani ukageza i Bērisheba, bamenya ko Samweli yarundukiye mu buhanuzi bw’Uwiteka.

21 Maze Uwiteka yongera kumubonekerera i Shilo, kuko yajyaga yiyereka Samweli n’ijambo rye i Shilo. Kandi ijambo rya Samweli rigera ku Bisirayeli bose.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =