2 Kor 9

1 Ibyo kugaburira abera sinaruha mbibandikira,

2 kuko nzi umutima wanyu ukunze ari wo mbirataho mu Banyamakedoniya, mbabwira yuko Abanyakaya bamaze umwaka biteguye, kandi ko guhirimbana kwanyu kwateye abenshi umwete.

3 Ariko natumye bene Data abo, kugira ngo uko kwirata twirata mwebwe kutazapfa ubusa, kandi no kugira ngo muzabe mwiteguye nk’uko nababwiye,

4 kuko ntashaka ko twebwe (simvuze mwe) tuzakorwa n’isoni z’ibyo twiringiye, niba Abanyamakedoniya bamwe bazazana nanjye bagasanga mutiteguye.

5 Ni cyo cyatumye nibwira yuko nkwiriye kwinginga bene Data abo kumbanziriza kujya iwanyu, ngo babanze gutunganya iby’ubuntu mwasezeranije kera, bibe byiteguwe nk’iby’ubuntu koko bitameze nk’iby’ubugūgu.

6 Ariko ndavuga ibi ngo “Ubiba nke azasarura bike, naho ubiba nyinshi azasarura byinshi.”

7 Umuntu wese atange nk’uko abigambiriye mu mutima we, atinuba kandi adahatwa kuko Imana ikunda utanga anezerewe.

8 Kandi rero Imana ishobora kubasāzaho ubuntu bwose, kugira ngo murusheho gukora ibyiza byose, mufite ibibahagije muri byose

9 nk’uko byanditswe ngo

“Yaranyanyagije aha abakene,

Gukiranuka kwe guhoraho iteka ryose.”

10 Iha umubibyi imbuto n’imitsima yo kumugaburira ni yo izabaha, ibongerere imbuto zanyu zo kubiba kandi igwize imbuto zo gukiranuka kwanyu.

11 Namwe muzatungishwa muri byose ngo mugire ubuntu bwose, butume Imana ihimbazwa.

12 Kuko uwo murimo wo kugabura utamara gusa ubukene bw’abera, ahubwo utera benshi guhimbaza Imana,

13 bayihimbaza ku bw’ubuhamya bw’uyu murimo mwitangiye, mukemera kugandukira ubutumwa bwiza bwa Kristo, mukagira ubuntu bwinshi bwo kubafasha no gufasha abandi bose.

14 Ku bw’ubuntu bw’Imana burushijeho kuba muri mwe, ni cyo gituma babasabira no kubakunda cyane.

15 Imana ishimirwe impano yayo nziza itarondoreka.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 9 =