2 Sam 2

Dawidi yimikwa n’Abayuda

1 Hanyuma y’ibyo Dawidi agisha Uwiteka inama ati “Mbese nzamuke njye mu mudugudu umwe mu y’Abayuda?”

Uwiteka aramubwira ati “Zamuka.”

Dawidi ati “Njye he?”

Aramusubiza ati “I Heburoni.”

2 Nuko Dawidi azamukana n’abagore be bombi, Ahinowamu w’i Yezerēli, na Abigayili wari muka Nabali Umunyakarumeli.

3 Kandi n’abantu bari kumwe na Dawidi bose arabazamukana, umuntu wese n’abo mu rugo rwe, batura mu midugudu y’i Heburoni.

4 Bukeye Abayuda baraza bamwimikishirizayo amavuta, kugira ngo abe umwami w’umuryango w’Abayuda.

Bukeye babwira Dawidi bati “Ab’i Yabeshi y’i Galeyadi ni bo bahambye Sawuli.”

5 Nuko Dawidi atuma intumwa ku b’i Yabeshi y’i Galeyadi arababwira ati “Muragahirwa n’Uwiteka, kuko mwagiriye shobuja Sawuli imbabazi mutyo, mukamuhamba.

6 Nuko rero Uwiteka abagirire imbabazi n’umurava, nanjye nzabītura iyo neza, kuko mwagize mutyo.

7 Nuko none mugire amaboko mube intwari, kuko shobuja Sawuli yapfuye, kandi ab’umuryango w’Abayuda banyimikishije amavuta ngo mbe umwami wabo.”

Abagaragu ba Sawuli n’aba Dawidi barwana

8 Bukeye Abuneri mwene Neri, umugaba w’ingabo za Sawuli, yari yarajyanye Ishibosheti mwene Sawuli, aramwambutsa amujyana i Mahanayimu.

9 Amwimikirayo ngo abe umwami w’i Galeyadi n’uw’Abashuri, n’uw’i Yezerēli n’uw’Abefurayimu, n’uw’Ababenyamini n’uw’Abisirayeli bose.

10 (Kandi Ishibosheti mwene Sawuli yari amaze imyaka mirongo ine ubwo yimaga muri Isirayeli, amara imyaka ibiri ari ku ngoma.)

Ariko umuryango wa Yuda wayobokaga Dawidi.

11 Kandi igihe Dawidi yamaze i Heburoni ari umwami w’umuryango wa Yuda, ni imyaka irindwi n’amezi atandatu.

12 Bukeye Abuneri mwene Neri n’abagaragu ba Ishibosheti mwene Sawuli barimuka, bava i Mahanayimu bajya i Gibeyoni.

13 Yowabu mwene Seruya na we n’abagaragu ba Dawidi barasohoka, bahurira na bo ku kidendezi cy’i Gibeyoni bicara hasi, bamwe hakurya y’icyo kidendezi, abandi hakuno yacyo.

14 Abuneri abwira Yowabu ati “Ndakwinginze, abasore bahaguruke batwiyerekere.”

Yowabu ati “Nibahaguruke.”

15 Nuko barahaguruka barababara, abo mu ruhande rw’Ababenyamini n’abagaragu ba Ishibosheti mwene Sawuli baba cumi na babiri, kandi abo mu ruhande rwa Dawidi na bo baba cumi na babiri, baherako barasakirana.

16 Umuntu wese asingira umutwe wa mugenzi we, batikagurana inkota mu mbavu, bacurangukira aho icyarimwe. Ni cyo cyatumye aho bahahimba Helikatihasurimu, hari i Gibeyoni.

17 Uwo munsi haba intambara ikomeye cyane, Abuneri n’Abisirayeli baraneshwa, bahunga abagaragu ba Dawidi.

18 Kandi bene Seruya batatu bari bahari ni bo aba: Yowabu na Abishayi na Asaheli, kandi Asaheli uwo yari nyakayaga nk’isirabo yo mu gasozi.

19 Nuko Asaheli akurikira Abuneri, agenda adakebakeba iburyo cyangwa ibumoso ngo ateshuke Abuneri.

20 Abuneri akebutse inyuma aravuga ati “Asaheli we, mbega ni wowe?”

Na we aramusubiza ati “Ni jye.”

21 Abuneri aramubwira ati “Gana iburyo aho cyangwa ibumoso, ufate umusore umwambure intwaro ze.” Ariko Asaheli yanga kumuvirira.

22 Abuneri yongera kubwira Asaheli ati “Nyura hirya winkurikira. Mbese nagutsinda aha waba uzize iki? Uretse ibyo, nakubitana amaso nte na Yowabu mwene so?”

23 Ariko yanga guteshuka. Ni cyo cyatumye Abuneri amutikura umuhunda w’icumu rye ku nda rigahinguka inyuma. Asaheli yikubita hasi agwa aho. Abantu bageze aho Asaheli yaguye barahagungirira.

24 Ariko Yowabu na Abishayi bakurikira Abuneri, bageze ku musozi wa Ama uteganye n’i Giya mu nzira ijya mu butayu bw’i Gibeyoni, izuba ribarengeraho.

25 Nuko Ababenyamini bateranira kuri Abuneri baba umutwe umwe, bahagarara mu mpinga y’umusozi.

26 Abuneri ahamagara Yowabu aravuga ati “Mbese inkota izahora ibaga iteka? Ntuzi ko amaherezo yabyo azaba umubabaro usharira? Ariko uzageza he kudategeka abantu ngo barekere aho gukurikirana bene wabo?”

27 Yowabu aramusubiza ati “Ndahiye Imana ihoraho, iyaba utavuze iryo jambo abantu bajyaga gukesha ijoro, umuntu wese agikurikiranyemwene se.”

28 Nuko Yowabu avuza ikondera abantu bose barahagarara, ntibakomeza gukurikirana Abisirayeli cyangwa kubarwanya ukundi.

29 Nuko Abuneri n’ingabo ze bagenda ijoro ryose banyura muri Araba, bambuka Yorodani banyura i Bitironi yose, basohora i Mahanayimu.

30 Yowabu na we aragaruka arorera gukurikira Abuneri, amaze guteranya abantu bose, mu bagaragu ba Dawidi haburamo abantu cumi n’icyenda, na Asaheli.

31 Ariko abagaragu ba Dawidi bari banesheje Ababenyamini n’ingabo za Abuneri, kandi bishemo abantu magana atatu na mirongo itandatu.

32 Nuko baterura Asaheli bamuhamba mu mva ya se i Betelehemu. Yowabu n’ingabo ze baherako bagenda ijoro ryose, bucya bageze i Heburoni.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 17 =