3 Yh 1

Ishimwe Yohana ashimira Gayo

1 Jyewe Umukuru, ndakwandikiye Gayo ukundwa, uwo nkunda by’ukuri.

2 Ukundwa, ndagusabira kugira ngo ugubwe neza muri byose, ube mutaraga nk’uko umutima wawe uguwe neza,

3 kuko nishimiye cyane ubwo bene Data bazaga, bagahamya uburyo ushikamye mu kuri ukakugenderamo.

4 Nta cyantera umunezero waruta uwo kumva ko abana banjye bagendera mu kuri.

5 Ukundwa, ukiranuka mu byo ukorera bene Data byose kandi ari abashyitsi

6 bahamije urukundo rwawe mu maso y’Itorero. Uzaba ugize neza nubaherekeza neza nk’uko bikwiriye ab’Imana,

7 kuko bavuye iwabo ku bw’izina rya Yesu ari nta cyo bātse abanyamahanga.

8 Ni cyo gituma dukwiriye kwakira neza abameze batyo, kugira ngo dufatanye gukorera ukuri.

Yohana arega Diyotirefe

9 Hari icyo nandikiye Itorero, ariko Diyotirefe ushaka kuba ukomeye muri bo araturosera.

10 Ni cyo gituma ubwo nzaza, nzabibutsa ibyo akora n’uko atuvuga amagambo mabi y’ubupfu, nyamara ibyo ntibimunyura ahubwo arengaho akanga no gucumbikira bene Data, n’ababishaka akababuza akabaca mu Itorero.

11 Ukundwa, ntukīgane ikibi ahubwo wīgane icyiza. Ukora ibyiza ni we w’Imana, naho ukora ibibi ntiyari yabona Imana.

12 Demeteriyo ahamywa na bose kandi n’ukuri ubwako kuramuhamya natwe turamuhamya, nawe uzi yuko ibyo duhamya ari iby’ukuri.

13 Nari mfite byinshi byo kukwandikira ariko sinshaka kukwandikishiriza wino n’ikaramu,

14 ahubwo niringiye kuzakubona vuba tukavugana duhanganye.

15 Urasigare amahoro.

Incuti ziragutashya. Untahirize incuti uzivuze mu mazina.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =