Abac 10

Abisirayeli bongera gucumura ku Uwiteka

1 Hanyuma ya Abimeleki, Tola mwene Puwa mwene Dodo wo mu muryango wa Isakari ahaguruka gukiza Abisirayeli. Yari atuye i Shamiri mu gihugu cy’imisozi miremire ya Efurayimu.

2 Amara imyaka makumyabiri n’itatu ari umucamanza mu Bisirayeli, aherako arapfa bamuhamba i Shamiri.

3 Hanyuma ye hahaguruka Yayiri w’Umunyagaleyadi, amara imyaka makumyabiri n’ibiri ari umucamanza w’Abisirayeli.

4 Kandi yari afite abahungu mirongo itatu bagendera ku byana by’indogobe mirongo itatu, kandi batwaraga imidugudu mirongo itatu iri mu gihugu cya Galeyadi, yitwaga Havotiyayiri, n’ubu ni ko icyitwa.

5 Nuko Yayiri arapfa bamuhamba i Kamoni.

6 Ariko Abisirayeli bongera gukora ibyangwa n’Uwiteka, bakorera Bāli na Ashitaroti, n’imana z’i Siriya n’imana z’i Sidoni n’imana z’i Mowabu, n’imana z’Abamori n’imana z’Abafilisitiya, bimūra Uwiteka ntibongera kumukorera.

7 Uwiteka ni ko kurakarira Abisirayeli uburakari bwaka nk’umuriro, abahāna mu maboko y’Abafilisitiya no mu y’Abamoni.

8 Muri uwo mwaka baburabuza Abisirayeli barabahata, bamara imyaka cumi n’umunani bagirira nabi Abisirayeli bose bo hakurya ya Yorodani mu gihugu cy’Abamori i Galeyadi.

9 Hanyuma Abamoni bambuka Yorodani kurwanya Abayuda n’Ababenyamini n’ab’inzu ya Efurayimu. Nuko Abisirayeli bariheba cyane.

10 Abisirayeli baherako batakambira Uwiteka baravuga bati “Twagucumuyeho kuko twakwimūye uri Imana yacu, tugakorera za Bāli.”

11 Uwiteka abaza Abisirayeli ati “Si jye wabakijije Abanyegiputa n’Abamori, n’Abamoni n’Abafilisitiya?

12 Kandi Abasidoni n’Abamaleki n’Abanyamawoni babahataga, muntakambiye mbakiza amaboko yabo.

13 Ariko ubwo mwanyimūye mugakorera izindi mana, sinzongera kubakiza ukundi.

14 Nimugende mutakambire imana mwitoranirije, abe ari zo zibarengera mu gihe cy’ubwihebe byanyu.”

15 Abisirayeli batakira Uwiteka bati “Twaracumuye koko, noneho utwigirire uko ushaka, ariko turakwingize utwikirize kuri iki gihe gusa.”

16 Baherako bakura ibigirwamana by’abanyamahanga hagati muri bo bakorera Uwiteka, Uwiteka na we agira ishavu ry’imibabaro y’Abisirayeli.

17 Abamoni baraterana bagandika i Galeyadi, Abisirayeli na bo baraterana, bagandika i Misipa.

18 Nuko abatware b’i Galeyadi barabazanya bati “Mbese umugabo muri mwe uzabanza kurwana n’Abamoni ni nde? Uwo ari we wese azahabwa ubutware mu Banyagaleyadi.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + ten =