Abac 2

Marayika w’Uwiteka ahanira abantu i Bokimu

1 Hanyuma marayika w’Uwiteka ava i Gilugali ajya i Bokimu, arababwira ati “Nabavanye muri Egiputa mbazana mu gihugu nasezeranyije ba sogokuruza, nkababwira nti ‘Ntabwo nzaca ku isezerano nabasezeranyije.

2 Namwe ntimugasezerane na bene icyo gihugu, ahubwo muzasenye ibicaniro byabo.’ Ariko ntimwanyumviye. Ni iki cyatumye mukora mutyo?

3 Nanjye ni cyo gituma mvuga nti ‘Sinzabirukana imbere yanyu, ahubwo bazababera nk’amahwa ahanda mu mbavu, kandi imana zabo zizababera umutego.’ ”

4 Marayika w’Uwiteka amaze kubwira Abisirayeli bose ayo magambo, abantu batera hejuru n’amajwi arenga, bararira.

5 Aho hantu bahita i Bokimu, batambirirayo Uwiteka ibitambo.

Gupfa kw’abo mu gihe cya Yosuwa

6 Nuko Yosuwa arangije gusezerera Abisirayeli, baragenda umuntu wese ajya muri gakondo ye kuyihindūra.

7 Yosuwa akiriho Abisirayeli bakoreraga Uwiteka, no mu gihe cyose cy’abakuru basigaye Yosuwa amaze gupfa. Abo ni bo bari bazi neza imirimo yose Uwiteka yakoreye Abisirayeli.

8 Nuko Yosuwa mwene Nuni umugaragu w’Uwiteka apfa amaze imyaka ijana n’icumi.

9 Bamuhamba mu rugabano rwa gakondo ye i Timunatiheresi mu gihugu cy’imisozi miremire ya Efurayimu, mu ruhande rw’ikasikazi rw’umusozi witwa Gāshi.

10 Hanyuma ab’icyo gihe bose na bo barapfa basanga ba sekuruza. Abo bakurikirwa n’ab’ikindi gihe bakura batazi Imana, haba no kumenya imirimo yakoreraga Abisirayeli.

Abisirayeli batandukana n’Imana, irabahana

11 Nuko Abisirayeli bakora ibyangwa n’Uwiteka bakorera Bāli.

12 Bimūra Uwiteka Imana ya ba sekuruza yabakuye mu gihugu cya Egiputa, bakurikira izindi mana z’abanyamahanga babakikije bakazipfukamira, barakaza Uwiteka.

13 Nuko bimūra Uwiteka bakorera Bāli na Ashitaroti.

14 Maze umujinya w’Uwiteka ukongēra Abisirayeli, abagabiza abanyazi kubanyaga kandi abahāna mu babisha babo babakikije, bituma batakibasha guhagarara imbere y’ababisha babo.

15 Aho bajyaga hose Uwiteka yabatezaga ibyago nk’uko yababwiye akabarahira, bariheba cyane.

16 Maze Uwiteka ahagurutsa abacamanza, babakiza amaboko y’ababanyagaga.

17 Ariko banga kumvira abacamanza babo, ahubwo bararikira izindi mana bakazipfukamira bakayoba vuba. Bavuye mu ngeso ba sekuruza bagendanaga bumvira amategeko y’Uwiteka, ariko bo ntibagenjeje batyo.

18 Ariko uko Uwiteka yabahaga abacamanza yagumanaga n’umucamanza wese, akabakiza amaboko y’ababisha babo mu gihe cy’uwo mucamanza cyose, kuko Uwiteka iyo yumvaga iminiho yabo bayitewe n’ababarenganya babahata, yabagiriraga impuhwe.

19 Ariko kandi iyo umucamanza yamaraga gupfa, basubiraga inyuma bakarusha ba sekuruza kwiyonona, bagakurikira izindi mana bakazikorera, bakazipfukamira. Ntabwo baroreraga imirimo yabo mibi, ahubwo bakīnangira imitima.

20 Nuko umujinya w’Uwiteka ukongēra Abisirayeli, akavuga ati “Ubu bwoko bwishe isezerano ryanjye nasezeranye na ba sekuruza, bwanga kunyumvira.

21 Nanjye sinzongera kwirukana imbere yabo irindi shyanga ryose mu yasigaye Yosuwa amaze gupfa,

22 kugira ngo Abisirayeli mbageragereshe ayo mahanga, ndebe ko bakomeza kugendera mu nzira z’Uwiteka nk’uko ba sekuruza bazigenderagamo, cyangwa ko bakwanga.”

23 Ni cyo cyatumye Uwiteka asigaza ayo mahanga ntayirukane vuba, kandi ntayagabize Yosuwa.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eighteen =