Amag 3

1 Ndi umuntu wabonye umubabaro,

Yankubise inkoni y’uburakari bwe.

2 Yaranshoreye ancisha mu mwijima,

Atari mu mucyo.

3 Ni ukuri yakomeje kumbangurira ukuboko hato na hato,

Burinda bwira.

4 Inyama yanjye n’umubiri wanjye bishajishijwe na we,

Amagufwa yanjye yarayamenaguye.

5 Yanyubatseho anzingiraho indurwe n’umuruho,

6 Yantuje mu mwijima nk’abapfuye kera.

7 Yankubiye mu nkike kugira ngo ntahinguka mu irembo,

Yatumye umunyururu wanjye undemerera.

8 Ni ukuri iyo mutakiye mutabaza,

Gusenga kwanjye aguheza hanze.

9 Inzira zanjye yazīcishije inkike z’amabuye,

Aho nanyuraga yarahagoretse.

10 Amereye nk’idubu yubikiye,

Nk’intare iciye igico.

11 Yayobeje inzira zanjye,

Kandi yarantanyaguye angira indushyi.

12 Yamforeye umuheto,

Angira intego y’umwambi we.

13 Yatumye imyambi yo mu kirimba cye impinguranya impyiko,

14 Nahindutse urw’amenyo mu bwoko bwanjye bwose,

Bangize indirimbo umunsi wose.

15 Yanyujujemo ibisharira,

Yampagije apusinto.

16 Amenyo yanjye yayahongoje amabuye,

Yandengeje ivu.

17 Kandi watandukanije ubugingo bwanjye,

N’amahoro akamba kure,

Guhirwa narakwibagiwe.

18 Maze ndavuga nti

“Imbaraga zanjye no kwiringira kwanjye nari mfite ku Uwiteka, birashize.”

19 Ibuka umubabaro wanjye n’amakuba yanjye,

Apusinto n’indurwe.

20 Ubugingo bwanjye buracyabyibuka,

Kandi burihebye.

21 Iki ni cyo nibuka,

Ni byo bindema umutima.

22 Imbabazi z’Uwiteka ni zo zituma tudashiraho,

Kuko ibambe rye ritabura.

23 Zihora zunguka uko bukeye,

Umurava wawe ni munini.

24 Umutima wanjye uravuga uti

“Uwiteka ni we mugabane wanjye,

Ni cyo gituma nzajya mwiringira.”

25 Uwiteka abereye mwiza abamutegereje,

N’ubugingo bw’umushaka.

26 Ni byiza ko umuntu yiringira,

Ategereje agakiza k’Uwiteka atuje.

27 Bikwiriye umuntu kuremererwa akiri umusore.

28 Yicare yiherereye kandi yihoreye,

Kuko Imana yabimushyizeho.

29 Nakubite akanwa ke mu mukungugu,

Niba hariho ibyiringiro.

30 Ategere umusaya we umukubita,

Bamuhaze ibitutsi,

31 Kuko Uwiteka atazagira ubwo areka umuntu iteka.

32 Naho yababaza umuntu ariko azamugirira ibambe,

Nk’uko imbabazi ze nyinshi zingana.

33 Kuko atanezezwa no kubabaza abantu,

Cyangwa kubatera agahinda.

34 Umwami ntakunda ko banyukanyukira imbohe zose zo mu isi,

35 Cyangwa ko bacira umuntu urubanza,

Imbere y’Isumbabyose barwirengagiza.

36 Kandi kugoreka urubanza rw’umuntu,

Umwami ntabyemera.

37 Ni nde wahanura bikabaho,

Kandi Umwami atari we ubitegetse?

38 Mbese ku bushake bw’Isumbabyose,

Ntihaturuka ibibi n’ibyiza?

39 Umuntu ukiriho uhaniwe ibyaha bye,

Yakwinubira iki se?

40 Dutekereze inzira zacu tuzigenzure,

Tubone kugarukira Uwiteka.

41 Twerekeze imitima yacu ku Mana iri mu ijuru,

Tuyitegere n’amaboko yacu.

42 “Twaracumuye kandi turagoma,

Nawe ntiwatubabarira.

43 Watumiramirijeho uburakari bwawe uraduhiga,

Waratwishe ntiwatubabarira.

44 Wikingiye igicu,

Kugira ngo gusenga kwacu kudahita ngo kukugereho.

45 Waduhinduye ibishishwa n’ibishingwe hagati y’amoko,

46 Abanzi bacu bose baratwasamiye.

47 Ubwoba n’urwobo, gusenya no kurimbuka,

Byose byatugezeho.”

48 Ijisho ryanjye riratembamo imigezi y’amazi,

Ndizwa no kurimbuka k’umukobwa w’ubwoko bwanjye.

49 Ijisho ryanjye ntirihwema gutembamo amarira ubutitsa,

50 Kugeza igihe Uwiteka azitegereza,

Akareba hasi ari mu ijuru.

51 Amarira y’ijisho ryanjye yandembeje,

Mbitewe n’abakobwa bose bo mu murwa wanjye.

52 Abanyangira ubusa bampize cyane nk’inyoni,

53 Banyiciye ubugingo mu rwobo rw’inzu y’imbohe,

Bambirinduriraho ibuye.

54 Amazi yarandengeye ku mutwe,

Maze ndavuga nti “Ndapfuye.”

55 Natakiye izina ryawe, Uwiteka,

Ndi mu rwobo rw’imbohe rw’ikuzimu.

56 Wumviye ijwi ryanjye, ntunyime ugutwi kwawe,

Ngo utumva kuniha kwanjye no gutaka kwanjye.

57 Umunsi nagutakiraga wanje hafi,

Uravuga uti “Witinya.”

58 Ayii, Mwami,

Wamburaniye urubanza rw’umutima wanjye,

Wacunguye ubugingo bwanjye!

59 Ayii, Uwiteka,

Wabonye akarengane kanjye,

None ncira urubanza.

60 Wabonye guhōra kwabo kose,

N’imigambi yabo yose bangīra.

61 Wumvise ibitutsi byabo, ayii Uwiteka,

N’imigambi yabo yose bangīra,

62 N’iminwa y’abahagurutswa no kuntera,

N’inama zabo zose bangīra umunsi ukira.

63 Itegereze imyicarire yabo,

Reba imihagurukire yabo,

Bangize indirimbo.

64 Ayii, Uwiteka,

Uzabiture ibihwanye n’imirimo y’amaboko yabo!

65 Uzabahe umutima uhumye,

Umuvumo wawe ubagereho.

66 Uzabakurikirane ufite uburakari,

Kandi ubarimbure ngo bashire munsi y’ijuru ry’Uwiteka.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =