Amosi 9

Imana isezeranya Abisirayeli umugisha ku iherezo

1 Nabonye Umwami ahagaze iruhande rw’igicaniro ati “Kubita inkingi yo mu ruhamo rw’umuryango kugira ngo inkomanizo zinyeganyege, ubimenagurire ku mitwe yabo bose, kandi usigaye wo muri bo nzamwicisha inkota. Nta n’umwe muri bo uzabona uko ahunga, ndetse nta n’umwe muri bo uzarokoka.

2 Naho bakwiyimbira ngo bajye ikuzimu, aho na ho ukuboko kwanjye kwahabafatira, naho bakurira ngo bajye mu ijuru, aho na ho nabamanurayo.

3 Kandi naho bakwihisha mu mpinga ya Karumeli nahabagenzereza nkabakurayo, naho banyihisha imuhengeri mu nyanja, aho na ho nategeka inzoka ikahabarira.

4 Kandi naho bashorerwa n’ababisha babo ari imbohe nategeka inkota ikabatsembaho, kandi nzabahozaho amaso ngo mbagirire nabi, atari ukubagirira neza,

5 kuko Uwiteka Imana Nyiringabo ari yo ikora ku gihugu kikayenga, kandi abagituyemo bose bazaboroga. Kizuzura rwose nka rwa Ruzi, kandi kizika nk’uruzi rwo muri Egiputa.

6 Ni yo yiyubakira amazu mu ijuru urufatiro rwaryo rushinzwe ku isi, ni yo ihamagara amazi yo mu nyanja ikayasuka ku isi, izina ryayo ni Uwiteka.

7 “Mbese ntimumereye nk’Abanyetiyopiya, mwa Bisirayeli mwe? Ni ko Uwiteka abaza. Mbese si jye wazamuye Isirayeli nkamukura muri Egiputa, n’Abafilisitiya nkabakura i Kafutori, n’Abasiriya nkabavana i Kiri?

8 Dore Uwiteka Imana ihoza amaso yayo ku bwami bufite ibyaha iravuga iti ‘Nzabatsemba ku isi, keretse inzu ya Yakobo ni yo ntazarimbura rwose.’ Ni ko Uwiteka avuga.

9 “Kuko nzategeka kandi nzagosorera inzu ya Isirayeli mu moko yose, nk’uko ingano zigosorerwa ku ntara ntihagire n’imwe igwa hasi.

10 Abanyabyaha bose bo mu bwoko bwanjye bazicishwa inkota, ari bo bavuga bati ‘Ibibi ntibizadufata, habe no kudushyikira.’

11 “Uwo munsi nzegura ihema rya Dawidi ryaguye nice ibyuho byaryo, kandi nzasana ahasenyutse haryo, nzaryubaka rimere nk’uko ryahoze kera

12 kugira ngo bazungure abo muri Edomu basigaye, n’abo mu mahanga yose yitirirwa izina ryanjye. Ni ko Uwiteka ubikora avuga.

13 “Dore iminsi izaza, ni ko Uwiteka avuga, umuhinzi azakurikirana n’umusaruzi, n’umwenzi w’imizabibu azakurikirana n’ubiba imbuto, kandi imisozi izatobokamo vino iryoshye, n’udusozi twose tuzayenga.

14 Kandi nzagarura ubwoko bwanjye Isirayeli bari bajyanywe ari imbohe, bazongera kubaka imidugudu yari yarashenywe bayisubiremo, bazatera inzabibu banywe vino yazo, bazahinga imirima barye ibisaruwemo.

15 Kandi nzabatera kumera mu gihugu cyabo, ntabwo bazongera kurandurwa mu gihugu cyabo nabahaye.” Ni ko Uwiteka Imana yawe ivuga.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 4 =