Dan 9

Daniyeli yatura ibyaha by’ubwoko bwabo

1 Mu mwaka wa mbere wo ku ngoma ya Dariyo mwene Ahasuwerusi, wo mu rubyaro rw’Abamedi wimitswe ngo abe umwami w’igihugu cy’Abakaludaya,

2 muri uwo mwaka wa mbere wo ku ngoma ye, jyewe Daniyeli nasomye ibitabo binsobanurira umubare w’imyaka i Yerusalemu hazamara hashenywe ko ari imyaka mirongo irindwi, byavuzwe n’ijambo ry’Uwiteka mu kanwa k’umuhanuzi Yeremiya.

3 Mpanga amaso Umwami Imana yanjye, mushakisha gusenga no kwinginga niyiriza ubusa, nambara ibigunira, nisiga ivu.

4 Nsenga Uwiteka Imana yanjye nyaturira nti “Nyagasani Mana nkuru y’igitinyiro, ikomeza gusohoza isezerano no kugirira ibambe abayikunda bakitondera amategeko yayo.

5 “Twaracumuye tuba ibyigenge, twakoze nabi twaragomye, turateshuka tuva mu mategeko n’amateka yawe.

6 Ntitwumviye abagaragu bawe b’abahanuzi, bajyaga babwira abami bacu n’abatware bacu na ba sekuruza bacu, n’abantu bo mu gihugu bose mu izina ryawe.

7 Nyagasani, gukiranuka ni ukwawe ariko ibyacu ni ugukorwa n’isoni, nk’uko bibaye ubu ku Bayuda n’abaturage b’i Yerusalemu, n’Abisirayeli bose ba bugufi n’abatuye kure mu bihugu byose, aho wabirukaniye ubahoye ibicumuro bagucumuyeho.

8 Nyagasani, ku bwacu n’abami bacu n’abatware bacu na ba sogokuruza bacu, ni ugukorwa n’isoni kuko twagucumuyeho.

9 Umwami Imana yacu ni yo ifite imbabazi n’ibambe, nubwo twayigomeye

10 ntitwumvire Uwiteka Imana yacu ngo tugendere mu mategeko yayo yadushyize imbere, avuzwe n’abagaragu bayo b’abahanuzi.

11 Ni koko Abisirayeli bose baciye ku mategeko yawe, bariyobagiza kugira ngo batakumvira. Ni cyo cyatumye dusandazwamo umuvumo n’indahiro, byari byaranditswe mu mategeko ya Mose umugaragu w’Imana, kuko twagucumuyeho.

12 Maze ikomeza amagambo yayo yatuvuzeho, no ku bacamanza bacu baduciraga imanza, ubwo yatuzaniraga ibyago bikomeye kuko nta handi munsi y’ijuru higeze hagenzwa nk’uko i Yerusalemu hagenjejwe.

13 Ibyo byago byose byadusohoyeho nk’uko byanditswe mu mategeko ya Mose, nyamara ntabwo twinginze Uwiteka Imana yacu ngo itugirire imbabazi, ndetse ntitwareka gukiranirwa kwacu ngo tumenye iby’ukuri byayo.

14 Ni cyo cyatumye Uwiteka atugenera ibyo byago akabiduteza, kuko Uwiteka Imana yacu ari yo ikiranuka mu mirimo yayo yose ikora, ariko twe ntituyumvira.

15 “Noneho Nyagasani Mana yacu, nubwo wakuje ubwoko bwawe muri Egiputa amaboko yawe akomeye, ukihesha icyubahiro kugeza ubu, twaracumuye dukora nabi.

16 Nyagasani, ndakwinginze ku bwo gukiranuka kwawe kose, uburakari bwawe bw’inkazi buve ku murwa wawe i Yerusalemu no ku musozi wawe wera, kuko i Yerusalemu n’ubwoko bwawe bihindutse igisuzuguriro mu bantu bose badukikije, ku bw’ibyaha byacu no gukiranirwa kwa ba sogokuruza bacu.

17 Nuko noneho Mana yacu, umva gusenga k’umugaragu wawe no kwinginga kwe, kandi ku bwawe Uwiteka, umurikishirize mu maso hawe ubuturo bwawe bwera bwasenyutse.

18 Mana yanjye, tega amatwi yawe wumve, hwejesha amaso yawe urebe ibyacu byacitse n’umurwa wawe witwa uw’izina ryawe, kuko ibyo twakwingingiye tutabigushyize imbere twishingikirije ku gukiranuka kwacu, ahubwo ni ku bw’imbabazi zawe nyinshi.

19 Umva Nyagasani babarira, Nyagasani twumvire, Nyagasani ugire icyo ukora ntutinde, Mana yanjye kugira ngo izina ryawe ryubahwe, kuko umurwa wawe n’abantu bawe byitwa iby’izina ryawe.”

Iby’ibyumweru mirongo irindwi

20 Nuko nkivuga, nsenga natura ibyaha byanjye n’iby’ubwoko bwanjye bw’Abisirayeli, kandi ntakambira Uwiteka Imana yanjye ku bw’umusozi wera w’Imana yanjye,

21 ngikomeje gusenga umugabo Gaburiyeli nabonaga ngitangira kwerekwa aratumwa, maze aragaruka aza n’ingoga igihe cyo gutamba igitambo cya nimugoroba cyendaga kugera, ankoraho.

22 Arambwira anyigisha ati “Daniyeli, ubu nzanywe no kungura ubwenge bwawe.

23 Ugitangira kwinginga haje ijambo, kandi nzanywe no kurikubwira kuko ukundwa cyane. Nuko iryo jambo uritekereze cyane, umenye n’ibyo weretswe.

24 “Ibyumweru mirongo irindwi bitegekewe ubwoko bwawe n’umurwa wera, kugira ngo ibicumuro bicibwe n’ibyaha bishire, no gukiranirwa gutangirwe impongano haze gukiranuka kw’iteka, ibyerekanywe n’ibyahanuwe bifatanishwe ikimenyetso, ahera cyane hasigwe amavuta.

25 Nuko ubimenye, ubyitegereze yuko uhereye igihe bazategekera kubaka i Yerusalemu bayisana kugeza kuri Mesiya Umutware hazabaho ibyumweru birindwi, maze habeho ibindi byumweru mirongo itandatu na bibiri bahubake basubizeho imiharuro n’impavu, ndetse bizakorwa mu bihe biruhije.

26 Ibyo byumweru uko ari mirongo itandatu na bibiri nibishira Mesiya azakurwaho, kandi nta cyo azaba asigaranye.Maze abantu b’umutware uzaza bazarimbure umurwa n’ubuturo bwera, uwo iherezo ryerizaba nk’utembanywe n’umwuzure w’amazi, intambara n’ibyago bizarinda bigeza imperuka. Ni ko bitegetswe.

27 Uwo mutware azasezerana na benshi isezerano rikomeye, rimare icyumweru kimwe. Nikigera hagati azabuzanya ibitambo n’amaturo, umurimbuzi azaza ku ibaba ry’ibizira, maze kugeza ku mperuka yategetswe uburakari buzasandazwa kuri uwo murimbuzi.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + seven =