Ezek 7

1 Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho riti

2 “Nawe mwana w’umuntu, uku ni ko Umwami Uwiteka abwira igihugu cya Isirayeli uti ‘Amaherezo, amaherezo ageze mu mpande enye z’igihugu.

3 “ ‘Noneho amaherezo akugezeho, ngiye kuguteza uburakari bwanjye, ngucire urubanza ruhwanye n’imigenzereze yawe, kandi nzakugaruraho ibizira byawe byose.

4 Ijisho ryanjye ntirizakureba neza, kandi sinzakugirira ibambe, ahubwo nzakugaruraho ibihwanye n’imigenzereze yawe, kandi ibizira byawe bizakubonekaho. Muzamenya yuko ari jye Uwiteka.’ ”

5 Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ati “Ikibi, ikibi kimwe gusa dore kiraje.

6 Iherezo rirageze, amaherezo araje, biragukangukiye dore biragusohoreye.

7 Igihano cyawe kikugezeho wa muturage wo mu gihugu we, igihe kirasohoye, umunsi uri hafi, umunsi w’imivurungano mu misozi, si uwo kuvuzwamo impundu.

8 “Noneho ngiye kugusukaho umujinya wanjye ngusohozeho uburakari bwanjye, kandi ngucire urubanza ruhwanye n’imigenzereze yawe, nkugarureho ibihwanye n’ibizira byawe byose.

9 Ijisho ryanjye ntirizakureba neza kandi sinzakugirira ibambe, ahubwo nzakugaruraho ibihwanye n’imigenzereze yawe, kandi ibizira byawe bizakubonekaho. Muzamenya yuko jye Uwiteka ari jye uhana.

10 “Dore wa munsi nguyu uraje igihano cyawe kirasohoye, inkoni iragushibukiye ubwibone bukumezeho.

11 Urugomo rurahagurutse, ni nk’inkoni ihana ibibi, nta wuzasigara muri bo, mu nteko zabo no mu butunzi bwabo nta kizahasigara, habe n’icyubahiro cyabo.

12 “Igihe kirasohoye umunsi ugeze hafi, umuguzi ye kwishima, n’ugurwaho ye kuganya, kuko umujinya ugeze ku nteko zaho zose.

13 Kuko ugurwaho atazasubira ku byaguzwe naho byaba bikiri aho, kuko iyerekwa ryerekeye ku nteko zaho zose, ritazahinduka ukundi, kandi nta wuzikomeza ari mu bibi, kandi akiriho.

14 Impanda zirabahuruje ibintu byose barabiringaniza, ariko nta n’umwe wagiye mu ntambara kuko uburakari bwanjye buri ku nteko zaho zose.

15 “Hanze hari inkota, kandi imbere hari icyorezo n’inzara: uri mu gasozi azicishwa inkota, na we uri mu murwa uzatsembwaho n’inzara n’icyorezo.

16 Ariko abacitse ku icumu bazahungira mu misozi bameze nk’inuma zo mu bikombe, bose bazaba baganya umuntu wese aborozwa n’ibibi bye.

17 Amaboko yose azatentebuka, n’intege zose zizacika zibe nk’amazi.

18 Kandi bazakenyera ibigunira ibiteye ubwoba bibatwikire. Bose bazagira ipfunwe mu maso habo, kandi no ku mitwe yabo bose hazaba habaye inkomborera.

19 Bazajugunya ifeza yabo mu nzira, n’izahabu yabo izababera nk’ikintu cyanduye. Ifeza yabo n’izahabu yabo ntabwo bizashobora kubarokora ku munsi w’uburakari bw’Uwiteka, ntabwo bizahaza ubugingo bwabo habe n’amara yabo, kuko byababereye igisitaza cyo kubagusha mu byaha.

20 Ubwiza bw’ibyo yarimbanaga yabutakishaga ngo bugaragaze icyubahiro, ariko babiremamo ibishushanyo by’ibizira byabo n’ibintu byabo byangwa urunuka. Ni cyo gituma nabigize icyanduye.

21 “Kandi nzabishyira mu maboko y’abanyamahanga ho iminyago, no mu y’abanyabyaha bo mu isi ho isahu, kandi bazabizirura.

22 Nzabakuraho n’amaso yanjye, na bo bazazirura mu bwiherero bwanjye, kandi abambuzi bazahinjira bahazirure.

23 “Uringanize iminyururu kuko igihugu cyuzuwemo n’ubwicanyi, n’umurwa ukaba wuzuwemo n’urugomo.

24 Ni cyo gituma ngiye kuzana abo mu banyamahanga barushije abandi kuba babi bakigarurira amazu yabo, kandi nzatuma ubwibone bw’abakomeye babo bushiraho, n’ubuturo bwabo bwera buzazirurwa.

25 Kurimbuka kuraje kandi bazashaka amahoro, ariko ntibazayabona.

26 Ishyano rizasimburwa n’irindi shyano, n’inkuru mbi ikurikirwe n’iyindi mbi, kandi bazashakira iyerekwa ku muhanuzi, ariko umutambyi azabura itegeko n’abakuru babure inama.

27 Umwami azaboroga n’igikomangoma kizuzurwamo n’amaganya, kandi amaboko y’abantu bo mu gihugu azadagadwa. Nzabagenza nk’uko imigenzereze yabo imeze mbacire urubanza rubakwiriye. Bazamenya yuko ari jye Uwiteka.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 2 =