Imig 1

1 Imigani ya Salomo mwene Dawidi, umwami w’Abisirayeli.

2 Ni iyo kumenyesha ubwenge n’ibibwirizwa,

Ni iyo gusobanura amagambo y’ubuhanga.

3 Ni yo ihesha ubwenge bw’imigenzereze,

No gukiranuka no gutunganya no kutabera.

4 Ni yo iha umuswa kujijuka,

N’umusore ikamuha kumenya no kugira amakenga,

5 Kugira ngo umunyabwenge atege amatwi yunguke ubwenge,

Kandi umuhanga agere ku migambi itunganye.

6 Amenye gusobanura imigani n’amarenga,

Kandi n’amagambo n’ibisakuzo by’abanyabwenge.

Ahugura kureka ingeso mbi

7 Kūbaha Uwiteka ni ishingiro ryo kumenya,

Ariko umupfapfa ahinyura ubwenge n’ibibwiriza.

8 Mwana wanjye, jya wumva icyo so akwigisha,

Kandi we kureka icyo nyoko agutegeka.

9 Bizakubera imitamirizo y’imbabazi ku mutwe,

N’imikufi mu ijosi.

10 Mwana wanjye, abanyabyaha nibakoshya ntukemere.

11 Nibavuga bati “Ngwino tujyane,

Twubikirire kuvusha amaraso,

Ducire ibico abatariho urubanza tubahore ubusa,

12 Tubamire bunguri ari bazima nk’uko imva imira abantu,

Ndetse ari bataraga nk’abamanuka bajya muri rwa rwobo,

13 Tuzabona ibintu byiza byinshi,

Kandi tuzuzuza amazu yacu iminyago,

14 Uzakubira hamwe natwe,

Twese tuzagire uruhago rumwe.”

15 Mwana wanjye, ntukajyane na bo,

Urinde ibirenge byawe kujya mu nzira yabo,

16 Kuko ibirenge byabo byirukira gukora ibibi,

Kandi bihutira kuvusha amaraso.

17 Gutega umutego ikiguruka kiwureba,

Ni ukurushywa n’ubusa.

18 Amaraso bubikira ni ayabo,

Ubwabo bugingo ni bwo bacira ibico.

19 Uko ni ko inzira z’urarikira indamu wese zimeze,

Iryo rari ryica bene ryo.

Bwenge arahugura

20 Bwenge arangururira mu nzira,

Yumvikanisha ijwi rye mu miharuro,

21 Aterera hejuru mu mahuriro yo mu marembo,

Mu mudugudu ni ho yumvikanishirizamo amagambo ye ngo:

22 “Yemwe mwa baswa mwe, muzakunda ubuswa mugeze ryari?

Namwe bakobanyi, muzageza ryari kwishimira ubukobanyi,

N’abapfu mukanga kumenya ubwenge?

23 Nimuhindurwe n’imiburo yanjye,

Dore nzabasukaho umwuka wanjye,

Nzabamenyesha amagambo yanjye.

24 Narabahamagaye muraninira,

Nabaramburiye ukuboko ntihagira ubyitaho.

25 Ahubwo mwahinyuye inama zanjye zose,

No kubacyaha kwanjye ntimubyitaho.

26 Nuko nanjye rero nzabakina ku mubyimba mwagize ibyago,

Nzabaseka icyo mwatinyaga kibagezeho.

27 Igihe muzatungurwa n’ubwoba nk’umugaru,

Ibyago byanyu bikaza nka serwakira,

Igihe umubabaro n’uburibwe bizabageraho.

28 “Ni bwo bazantakambira nkabihorera,

Bazanshakana umwete ntibazambona.

29 Kuko banze kumenya,

Kandi ntibahisemo kūbaha Uwiteka.

30 Ntibemeye inama zanjye,

Bahinyuye guhana kwanjye kose.

31 Ni cyo gituma bazarya ibiva mu ngeso zabo,

Kandi bazahazwa n’imigambi yabo.

32 Ubuhemu bw’abaswa buzabicisha,

Kandi kugubwa neza kw’abapfu kuzabarimbura.

33 Ariko unyumvira wese azaba amahoro,

Adendeze kandi atikanga ikibi.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 1 =