Imig 9

1 Bwenge yubatse inzu ye,

Yabaje inkingi zayo ndwi,

2 Abaga amatungo ye,

Akangaza vino ye,

Aringaniza n’ameza ye.

3 Maze atuma abaja be,

Arangurura ijwi ari aharengeye hose ho mu murwa,

4 Ati “Umuswa wese nagaruke hano.”

Abwira utagira umutima ati

5 “Ngwino urye ku mutsima wanjye,

Kandi unywe kuri vino nakangaje.

6 Mureke ubupfapfa mubeho, mwa baswa mwe,

Kandi mugendere mu nzira y’ubuhanga.

7 “Ucyaha umukobanyi aba yikoza isoni,

Kandi uhana umunyabyaha aba yihamagariye ibitutsi.

8 Ntuhane umukobanyi kugira ngo atakwanga,

Ariko nuhana umunyabwenge azagukunda.

9 Bwiriza umunyabwenge kandi azarushaho kugira ubwenge,

Igisha umukiranutsi kandi azunguka kumenya.

10 “Kūbaha Uwiteka ni ishingiro ry’ubwenge,

Kandi kumenya Uwera ni ubuhanga.

11 Ni jye uzakugwiriza iminsi,

Nkakungura imyaka yo kubaho kwawe.

12 Niba uri umunyabwenge,

Ubwo bwenge ni wowe ubwigiriye ku bwawe,

Kandi nukobana ni wowe biziberaho ubwawe.”

13 Umugore upfapfana arasakuza,

Ni ikirimarima kandi nta cyo amenya,

14 Yicara mu muryango w’inzu ye,

Ari ku ntebe aharengeye ho mu murwa,

15 Agira ngo ahamagare abahita,

Baromboreje mu nzira zabo ati

16 “Umuswa wese agaruke hano.”

Abwira utagira umutima ati

17 “Amazi yibwe araryoshye,

Kandi umutsima urirwa ahihishe uranyura.”

18 Ariko ntazi ko abapfuye ari ho bari,

Kandi abo yararitse bari mu mworero w’ikuzimu.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + three =