Ivug 4

Urubyiruko rw’Abisirayeli bigishwa ibya Sinayi

1 None mwa Bisirayeli mwe, mwumvire amategeko n’amateka mbigisha, muyitondere kugira ngo mubeho, mujye mu gihugu Uwiteka Imana ya ba sekuruza banyu ibaha mugihindūre.

2 Ntimukōngere ku mategeko mbategeka, ntimukayagabanye mubone kwitondera amategeko y’Uwiteka Imana yanyu mbategeka.

3 Amaso yanyu yiboneye ibyo Uwiteka yakoreshejwe n’ibya Bāli y’i Pewori, kuko Uwiteka Imana yanyu yarimbuye abantu bose bakurikije ibya Bāli y’i Pewori, ikabakura hagati muri mwe.

4 Ariko mwebweho, abifatanije n’Uwiteka Imana yanyu muracyariho mwese uyu munsi.

5 Dore mbigishije amategeko n’amateka uko Uwiteka Imana yanjye yantegetse, kugira ngo abe ari ko mugenzereza mu gihugu mujyanwamo no guhindūra.

6 Nuko mujye muyitondera muyumvire, kuko ari ko ubwenge bwanyu n’ubuhanga bwanyu mu maso y’amahanga azumva ayo mategeko yose, akavuga ati “Ni ukuri iri shyanga rikomeye ni ubwoko bw’ubwenge n’ubuhanga.”

7 Mbese hari ishyanga rikomeye rifite imana iriri hafi, nk’uko Uwiteka Imana yacu ituba hafi, iyo tuyambaje?

8 Kandi ni ishyanga rikomeye ki rifite amategeko n’amateka atunganye, ahwanye n’aya mategeko yose mbashyira imbere uyu munsi?

9 Wirinde gusa ugire umwete wo kurinda umutima wawe, we kwibagirwa ibyo amaso yawe yiboneye, bye kuva mu mutima wawe iminsi yose ukiriho, ahubwo ubimenyeshe abana bawe n’abazukuru bawe.

10 Ujye wibuka wa munsi wahagarariye imbere y’Uwiteka Imana yawe kuri Horebu, ubwo Uwiteka yambwiraga ati “Nteraniriza abantu mbumvishe amagambo yanjye, kugira ngo bige kunyubaha iminsi yose bazarama mu isi, kandi bigishe n’abana babo.”

11 Namwe mwigira hafi, muhagarara hepfo y’uwo musozi waka umuriro ugera mu ijuru hagati, ubaho n’umwijima n’igicu n’umwijima w’icuraburindi.

12 Uwiteka ababwira ari hagati muri uwo muriro, mwumva ijwi rivuga amagambo ariko ntimwagira ishusho mureba, mwumva ijwi risa.

13 Ababwira isezerano rye abategeka kurisohoza. Ni ryo ya mategeko cumi, ayandika ku bisate by’amabuye bibiri.

14 Nanjye Uwiteka antegeka muri icyo gihe kubigisha amategeko n’amateka, kugira ngo muzayitonderere mu gihugu mwambuka mujyanwamo no guhindūra.

15 Nuko murinde imitima yanyu cyane, kuko mutagize ishusho mureba ku munsi Uwiteka yababwiriraga kuri Horebu, ari hagati mu muriro.

16 Mwe kwiyonona ngo mwiremere igishushanyo kibajwe gishushanijwe mu ishusho yose, igishushanyo cy’ikigabo cyangwa cy’ikigore,

17 igishushanyo cy’inyamaswa cyangwa icy’itungo cyose kiri ku butaka, cyangwa icy’ikiguruka mu kirere cyose,

18 cyangwa icy’igikururuka hasi cyose, cyangwa icy’ifi yose yo mu mazi yo hepfo y’ubutaka.

19 Kandi rinda umutima wawe kugira ngo nurarama ukareba izuba n’ukwezi n’inyenyeri, ibiri mu ijuru byinshi byose we kureshywa ngo wikubite imbere yabyo ubisenge, kandi ari byo Uwiteka Imana yawe yagabanije amahanga yose yo munsi y’ijuru hose.

20 Ariko mwebweho, Uwiteka yarabajyanye abakura muri rya tanura ryubakishijwe icyuma, ni ryo Egiputa kugira ngo mumubere ubwoko bwa gakondo, uko muri na bugingo n’ubu.

21 Kandi Uwiteka yandakariye ku bwanyu, arahira yuko ntazambuka Yorodani ngo njye mu gihugu cyiza, Uwiteka Imana yawe iguha ho gakondo,

22 ahubwo ko nkwiriye gupfira muri iki gihugu, ko ntakwiriye kwambuka Yorodani, ariko mwebweho muzambuka muhindūre icyo gihugu cyiza.

23 Mwirinde mwe kwibagirwa isezerano ry’Uwiteka Imana yanyu yasezeranye namwe, ngo mwiremere igishushanyo kibajwe mu ishusho y’ikintu cyose Uwiteka Imana yawe yakubujije.

24 Kuko Uwiteka Imana yawe ari umuriro ukongora, ari Imana ifuha.

25 Ubwo muzaba mubyaye abana n’abuzukuru, mukaba mumaze igihe kirekire muri icyo gihugu, nimwiyonona mukarema igishushanyo kibajwe mu ishusho y’ikintu cyose, mugakora icyo Uwiteka Imana yawe ibona ko ari kibi mukayirakaza,

26 uyu munsi ntanze ijuru n’isi ho abahamya bazabashinja, yuko muzarimbuka vuba, mukarangira mu gihugu mwambuka Yorodani mujyanwamo no guhindūra, ntimuzakimaramo igihe kirekire, ahubwo muzarimbuka rwose.

27 Kandi Uwiteka azabatataniriza mu mahanga, muzasigara muri bake mu mahanga Uwiteka azabimuriramo.

28 Muzakorerayo imana zabajwe n’intoki z’abantu mu biti no mu mabuye, zitareba, zitumva, zitarya, zitanukirwa.

29 Ariko niba uzashakirayo Uwiteka Imana yawe, uzayibona nuyishakisha umutima wawe wose n’ubugingo bwawe bwose.

30 Nugira ibyago, ibyo byose bikaba bikujeho, mu minsi izaza kera uzahindukirira Uwiteka Imana yawe uyumvire,

31 kuko Uwiteka Imana yawe ari Imana y’inyebambe, ntizakureka, ntizakurimbura pe, ntizibagirwa isezerano yasezeranishije indahiro na ba sekuruza banyu.

32 Wibaze iby’ibihe byashize byakubanjirije, uhereye ku munsi Imana yaremeyeho umuntu mu isi, kandi uhereye ku mpera y’isi ukageza ku yindi mpera yayo, yuko higeze kubaho igihwanye n’iki kintu gikomeye, cyangwa ko humvikanye igihwanye na cyo.

33 Mbese hariho ubwo abantu bumvise ijwi ry’Imana ivuga iri hagati mu muriro, nk’uko wowe uryumvise bakabaho?

34 Cyangwa higeze kuba imana yageragereje kwijyanira ishyanga, irikuje hagati y’irindi ibigerageresho n’ibimenyetso n’ibitangaza, n’intambara n’amaboko menshi n’ukuboko kurambutse n’ibiteye ubwoba bikomeye, bihwanye n’ibyo Uwiteka Imana yanyu yabakorereye muri Egiputa mu maso yanyu?

35 Ni wowe werekewe ibyo kugira ngo umenye yuko Uwiteka ari we Mana, ari nta yindi keretse yo.

36 Mu ijuru ijwi ryayo ryaturutseyo, irikumvishiriza kugira ngo ikwigishe. Mu isi yakwerekeyeyo umuriro wayo mwinshi, wumva amagambo yayo yaturutse hagati muri wo.

37 Kuko yakundaga ba sekuruza banyu, ni cyo cyatumye itoranya urubyaro rwabo ikagukūza muri Egiputa imbaraga zayo nyinshi, ubwayo iri kumwe nawe.

38 Yagukuriyeyo kwirukana imbere yawe amahanga akuruta ubwinshi, akurusha amaboko, no kukujyana mu gihugu cyabo akakiguha ho gakondo, uko kiri n’uyu munsi.

39 Nuko uyu munsi menya iki ugishyire mu mutima wawe, yuko Uwiteka ari we Mana mu ijuru no mu isi, nta yindi.

40 Kandi ujye witondera amategeko yayo y’uburyo bwose ngutegeka uyu munsi, kugira ngo ubone ibyiza wowe n’urubyaro rwawe ruzakurikiraho, uhore iteka ryose mu gihugu Uwiteka Imana yawe iguha.

41 Maze Mose arobanura imidugudu itatu hakurya ya Yorodani mu ruhande rw’iburasirazuba,

42 yo guhungirwamo na gatozi wishe undi atabyitumye, adasanzwe amwanga, ngo ahungire muri umwe muri iyo midugudu, abeho.

43 Iyo ni Beseri iri mu butayu bwo mu kibaya, y’ubuhungiro bw’Abarubeni, n’i Ramoti iri i Galeyadi ngo ibe ubw’Abagadi, n’i Golani iri Bashani ngo ibe ubw’Abamanase.

44 Aya ni yo mategeko Mose yashyize imbere y’Abisirayeli.

45 Ibi ni byo Bihamya n’amategeko n’amateka, Mose yabwiye Abisirayeli ubwo bavaga muri Egiputa,

46 bari hakurya ya Yorodani mu gikombe ahateganye n’i Betipewori, cyo mu gihugu cya Sihoni umwami w’Abamori waturaga i Heshiboni, uwo Mose n’Abisirayeli batsinze ubwo bavaga mu Egiputa

47 bagahindūra igihugu cye n’icya Ogi, umwami w’i Bashani. Abo ni bo bami b’Abamori bombi bari hakurya ya Yorodani mu ruhande rw’iburasirazuba.

48 Nuko bahindūra ibihugu byabo bihereye kuri Aroweri, iri mu mutwe w’igikombe cyo kuri Arunoni, bikageza ku musozi wa Siyoni, ari wo Herumoni,

49 no muri Araba hose ho hakurya ya Yorodani mu ruhande rw’iburasirazuba, bikageza ku nyanja yo muri Araba yo hepfo y’agacuri ka Pisiga.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =