Ivug 6

1 Iki ni cyo cyategetswe, aya ni yo mategeko n’amateka Uwiteka Imana yanyu yantegetse kubigisha, kugira ngo mubyitonderere mu gihugu mwambuka mujyanwamo no guhindūra:

2 wubahe Uwiteka Imana yawe, witondere amategeko yayo yose y’uburyo bwose ngutegeka, wowe n’umwana wawe n’umwuzukuru wawe iminsi yose yo kubaho kwawe, kandi ubone uko urama.

3 Nuko wa bwoko bw’Abisirayeli we, ubyumve ubyitondere kugira ngo ubone ibyiza, mwororoke cyane uko Uwiteka Imana ya ba sogokuruza banyu yagusezeranije, uri mu gihugu cy’amata n’ubuki.

4 Umva wa bwoko bw’Abisirayeli we, Uwiteka Imana yacu ni we Uwiteka wenyine.

5 Ukundishe Uwiteka Imana yawe umutima wawe wose n’ubugingo bwawe bwose n’imbaraga zawe zose.

6 Aya mategeko ngutegeka uyu munsi ahore ku mutima wawe.

7 Ujye ugira umwete wo kuyigisha abana bawe, ujye uyavuga wicaye mu nzu yawe, n’uko ugenda mu nzira n’uko uryamye n’uko ubyutse.

8 Uyahambire ku kuboko kwawe akubere ikimenyetso, uyashyire mu ruhanga rwawe hagati y’amaso yawe.

9 Uyandike ku nkomanizo z’inzu yawe no ku byugarira byawe.

10 Uwiteka Imana yawe, nimara kukujyana mu gihugu yarahiye ba sekuruza banyu Aburahamu na Isaka na Yakobo ko izaguha, ukagira imidugudu minini myiza utubatse,

11 n’amazu yuzuye ibyiza byose utujuje, n’amariba yafukuwemo amazi mutafukuye, n’inzabibu n’imyelayo utateye ukarya ugahaga,

12 uzirinde we kwibagirwa Uwiteka wagukuye mu gihugu cya Egiputa, mu nzu y’uburetwa.

13 Wubahe Uwiteka Imana yawe abe ari yo ukorera, izina ryayo abe ari ryo urahira.

14 Ntimugahindukirire izindi mana zo mu mana z’amahanga abagose,

15 kuko Uwiteka Imana yanyu iri hagati muri mwe ari Imana ifuha, kugira ngo utikongereza uburakari bw’Uwiteka akakurimbura, akagukura mu isi.

16 Ntimukagerageze Uwiteka Imana yanyu nk’uko mwayigeragereje i Masa.

17 Mujye mugira umwete wo kwitondera ibyo Uwiteka Imana yanyu yabategetse n’ibyo yahamije, n’amategeko yayo yabategetse.

18 Ujye ukora ibyo Uwiteka abona ko bitunganye kandi ari byiza, kugira ngo ubone ibyiza ujye mu gihugu cyiza ugihindūre, icyo Uwiteka yarahiye ba sekuruza banyu ko izaguha,

19 namara kwirukana ababisha bawe bose imbere yawe, uko yavuze.

20 Mu gihe kizaza umwana wawe nakubaza ati “Ibihamya n’amategeko n’amateka Uwiteka Imana yacu yabategetse, ni iby’iki?”

21 Uzasubize uwo mwana uti “Twabaga muri Egiputa turi abaretwa ba Farawo, Uwiteka adukūza muri Egiputa amaboko menshi,

22 kandi Uwiteka yerekana ibimenyetso n’ibitangaza bikomeye biteye ibyago, abigiririra Egiputa na Farawo n’inzu ye yose mu maso yacu,

23 adukūrirayo kutujyana mu gihugu yarahiye ba sogokuruza ko azaduha.

24 Kandi Uwiteka adutegeka kwitondera ayo mategeko yose no kubahira Uwiteka Imana yacu kugira ngo tubone ibyiza iteka, ikiza ubugingo bwacu urupfu uko biri n’uyu munsi.

25 Nitwitondera ayo mategeko yose tukayumvirira imbere y’Uwiteka Imana yacu uko yadutegetse, bizatubera gukiranuka.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 3 =