Lk 4

Yesu ageragezwa na Satani

1 Yesu yuzuzwa Umwuka Wera, ava kuri Yorodani ajyanwa n’Umwuka mu butayu,

2 amarayo iminsi mirongo ine ageragezwa n’Umwanzi. Muri iyo minsi ntiyagira icyo arya, nuko ishize arasonza.

3 Umwanzi aramubwira ati “Niba uri Umwana w’Imana, bwira iri buye rihinduke umutsima.”

4 Yesu aramusubiza ati “Handitswe ngo ‘Umuntu ntatungwa n’umutsima gusa.’ ”

5 Umwanzi aramuzamura amwereka ubwami bwose bwo mu isi mu kanya gato,

6 aramubwira ati “Ndaguha ubu butware bwose n’ikuzo ryabwo, kuko ari jye wabugabanye kandi mbugabira uwo nshaka wese.

7 Nuko numpfukamira ukandamya, buriya bwose buraba ubwawe.”

8 Yesu aramusubiza ati “Handitswe ngo ‘Uramye Uwiteka Imana yawe, abe ari yo ukorera yonyine.’ ”

9 Amujyana i Yerusalemu, amuhagarika ku gasongero k’urusengero aramubwira ati “Niba uri Umwana w’Imana, ijugunye hasi

10 kuko handitswe ngo ‘Izagutegekera abamarayika bayo bakurinde’,

11 kandi ngo ‘Bazakuramira mu maboko yabo ngo udakubita ikirenge ku ibuye.’ ”

12 Yesu aramusubiza ati “Haravuzwe ngo ‘Ntukagerageze Uwiteka Imana yawe.’ ”

13 Umwanzi arangije ibyo amugerageresha byose aramureka, amutega ikindi gihe.

14 Yesu asubira i Galilaya afite imbaraga z’Umwuka, inkuru ye yamamara mu bihugu byose bihereranye n’aho.

15 Yigishiriza mu masinagogi yabo, bose baramuhimbaza.

Ab’i Nazareti bashaka kwica Yesu

16 Ajya i Nazareti iyo yarerewe, ku munsi w’isabato yinjira mu isinagogi nk’uko yamenyereye, arahagarara ngo asome.

17 Bamuha igitabo cy’umuhanuzi Yesaya, arakibumbura abona igice cyanditswemo ngo

18 “Umwuka w’Uwiteka ari muri jye,

Ni cyo cyatumye ansīgira,

Kugira ngo mbwirize abakene ubutumwa bwiza.

Yantumye kumenyesha imbohe ko zibohorwa,

N’impumyi ko zihumuka,

No kubohora ibisenzegeri,

19 No kumenyesha abantu iby’umwaka Umwami agiriyemo imbabazi.”

20 Amaze kubumba igitabo agisubiza umurinzi w’inzu, aricara. Abantu bose bari mu isinagogi baramutumbira.

21 Nuko atangira kubabwira ati “Uyu munsi ibyo byanditswe bisohoye mu matwi yanyu.”

22 Bose baramushima, batangazwa n’amagambo meza avuye mu kanwa ke bati “Mbese aho uyu si we mwene Yosefu?”

23 Arababwira ati “Ntimuzabura kunciraho uyu mugani muti ‘Muvuzi, wivure. Ibyo twumvise byose ko wakoze i Kaperinawumu, bikore n’ino mu mudugudu wanyu.’ ”

24 Arababwira ati “Ndababwira ukuri yuko ari nta muhanuzi wemerwa iwabo.

25 “Ariko ndababwira ukuri yuko hāriho abapfakazi benshi mu Bisirayeli mu gihe cya Eliya, ubwo ijuru ryakingwaga imyaka itatu n’amezi atandatu, inzara nyinshi igatera mu gihugu cyose.

26 Nyamara Eliya ntiyatumwa kuri umwe muri bo, ahubwo atumwa ku mugore w’umupfakazi w’i Sarefati mu gihugu cy’i Sidoni.

27 Kandi hāriho ababembe benshi mu Bisirayeli mu gihe cy’umuhanuzi Elisa, nyamara ntihakizwa n’umwe muri bo keretse Nāmani w’Umusiriya.”

28 Abo mu isinagogi bose babyumvise batyo bagira umujinya mwinshi,

29 barahaguruka bamwirukana mu mudugudu, bamugeza ku manga y’umusozi batuyeho bashaka kuyimutembagazamo,

30 ariko abacamo aragenda.

Yesu akiza umuntu utewe na dayimoni

31 Aramanuka ajya i Kaperinawumu, umudugudu w’i Galilaya, abigisha ku isabato.

32 Batangazwa no kwigisha kwe, kuko ijambo rye ryari rifite ubushobozi.

33 Nuko mu isinagogi harimo umuntu utewe na dayimoni, atakambira Yesu ati

34 “Ayii we! Duhuriye he Yesu w’i Nazareti? Uje kuturimbura? Ndakuzi uri Uwera w’Imana.”

35 Yesu aramucyaha ati “Hora muvemo.” Dayimoni amutura hasi hagati yabo, amuvamo atagize icyo amutwara.

36 Bose barumirwa barabazanya bati “Mbega rino jambo ni jambo ki? Arategekesha abadayimoni ubutware n’ububasha bakavamo!”

37 Inkuru ye yamamara hose mu gihugu gihereranye n’aho.

Yesu akiza nyirabukwe wa Simoni n’abandi benshi

38 Arahaguruka asohoka mu isinagogi, yinjira mu nzu ya Simoni. Nyirabukwe wa Simoni yari arwaye ubuganga bwinshi, nuko baramumwingingira.

39 Amuhagarara iruhande acyaha ubuganga bumuvamo, muri ako kanya arahaguruka arabagaburira.

40 Nuko izuba rigiye kurenga, abafite abarwayi bose barwaye indwara zitari zimwe barabamuzanira. Abarambikaho ibiganza umwe umwe arabakiza.

41 Kandi n’abadayimoni bava muri benshi bataka bati “Uri Umwana w’Imana.”

Arabacyaha, ababuza kuvuga kuko bari bazi yuko ari Kristo.

42 Bukeye ajya mu butayu, abantu benshi baramushaka bagera aho ari, bashaka kumubuza ngo atava muri bo.

43 Ariko arababwira ati “Nkwiriye kwigisha ubutumwa bwiza bw’Imana no mu yindi midugudu, kuko ari ibyo natumiwe.”

44 Nuko yigishiriza mu masinagogi y’i Galilaya.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − two =