Lk 7

Yesu akiza umugaragu w’umutware w’abasirikare

1 Nuko ayo magambo yose amaze kuyabwira abantu, ajya i Kaperinawumu.

2 Hariyo umutware utwara umutwe w’abasirikare, yari afite umugaragu we akunda cyane, wari urwaye yenda gupfa.

3 Uwo yumvise inkuru ya Yesu, amutumaho abakuru b’Abayuda kumwinginga ngo aze gukiza umugaragu we.

4 Na bo basanze Yesu baramuhendahenda bati “Ni umuntu ukwiriye ko umugirira utyo

5 kuko akunda ubwoko bwacu, ndetse n’isinagogi yacu ni we wayitwubakiye.”

6 Yesu ajyana na bo, ageze hafi y’inzu uwo mutware w’abasirikare amutumaho incuti ze ati “Nyagasani, ntiwirushye kuko bitankwiriye ko winjira mu nzu yanjye,

7 ni cyo gitumye ntekereza ko bitankwiriye ndetse ko nza aho uri ubwanjye. Ahubwo tegeka, umugaragu wanjye arakira.

8 Kuko nanjye ndi umuntu utwarwa n’abandi, mfite n’abasirikare ntwara. Iyo mbwiye umwe nti ‘Genda’ aragenda, nabwira undi nti ‘Ngwino’ akaza, nabwira umugaragu wanjye nti ‘Kora iki’ akagikora.”

9 Yesu abyumvise aramutangarira, ahindukirira abantu bamukurikiye ati “Ndababwira yuko ntabwo nari nabona kwizera kungana gutya, habe no mu Bisirayeli.”

10 Izo ntumwa zisubiye mu nzu zisanga uwo mugaragu akize.

Azura umwana w’umupfakazi

11 Bukeye ajya mu mudugudu witwa Nayini, abigishwa be n’abantu benshi bajyana na we.

12 Ageze hafi y’irembo ry’umudugudu ahura n’abikoreye ikiriba. Uwari wapfuye yari umwana w’ikinege, kandi nyina yari umupfakazi, abantu benshi bo muri uwo mudugudu bari bamuherekeje.

13 Umwami Yesu amubonye amugirira imbabazi aramubwira ati “Wirira.”

14 Yegera ikiriba agikoraho, abacyikoreye barahagarara. Ati “Muhungu, ndagutegetse byuka.”

15 Uwari upfuye arabaduka atangira kuvuga, Yesu amusubiza nyina.

16 Bose baterwa n’ubwoba bahimbaza Imana bati “Umuhanuzi ukomeye abonetse muri twe”, kandi bati “Imana igendereye ubwoko bwayo.”

17 Iyo nkuru y’ibyo yakoze yamamara i Yudaya hose, no mu gihugu cyose gihereranye n’aho.

Yohana Umubatiza atuma kuri Yesu

18 Nuko abigishwa ba Yohana bamutekerereza ibyo byose.

19 Yohana ahamagara babiri muri bo, abatuma ku Mwami Yesu ati “Mbese ni wowe wa wundi ukwiriye kuza, cyangwa dutegereze undi?”

20 Basohoye kuri Yesu baramubwira bati “Yohana Umubatiza akudutumyeho ngo ‘Ni wowe wa wundi ukwiriye kuza, cyangwa dutegereze undi?’ ”

21 Nuko muri uwo mwanya akiza benshi indwara n’ibyago n’abadayimoni, n’impumyi nyinshi arazihumura.

22 Arabasubiza ati “Nimugende mubwire Yohana ibyo mubonye n’ibyo mwumvise. Impumyi zirahumuka, abacumbagira baragenda, ababembe barakira, ibipfamatwi birumva, abapfuye barazurwa, abakene barabwirwa ubutumwa bwiza.

23 Kandi hahirwa uwo ibyanjye bitazagusha.”

Yesu ahamya Yohana Umubatiza

24 Intumwa za Yohana zimaze kugenda, atangira kuvugana n’abantu ibya Yohana ati “Mwajyanywe mu butayu no kureba iki? Ni urubingo ruhungabanywa n’umuyaga?

25 Ariko se mwagiye kureba iki? Ni umuntu wambaye imyenda yorohereye? Erega abambara imyenda y’abarimbyi n’abagaburirwa ibyiza baba mu ngo z’abami!

26 Ariko se mwajyanywe no kureba iki? Ni umuhanuzi? Ni koko, kandi ndababwira ko aruta umuhanuzi cyane.

27 Uwo ni we wandikiwe ngo

‘Dore ndenda gutuma integuza yanjye mbere yawe,

Izakubanziriza itunganye inzira yawe.’

28 Ndababwira yuko mu babyawe n’abagore ari nta wuruta Yohana, nyamara umuto mu bwami bw’Imana aramuruta.”

29 Abantu bose n’abakoresha b’ikoro bamwumvise bemera ko Imana idaca urwa kibera, kuko babatijwe na Yohana.

30 Ariko Abafarisayo n’abigishamategeko ubwo batabatijwe na we, bivukije inama z’Imana.

31 “Mbese ab’iki gihe ndabagereranya n’iki? Kandi bameze nk’iki?

32 Ni nk’abahungu bato bicaye mu maguriro bahamagarana bati ‘Twabavugirije imyironge ntimwabyina, twaboroze ntimwarira.’

33 Yohana Umubatiza yaje atarya umutsima, atanywa vino, muravuga muti ‘Afite dayimoni.’

34 Umwana w’umuntu aje arya, anywa, muravuga ngo ‘Dore iki kirura cy’umunywi w’inzoga, n’incuti y’abakoresha b’ikoro n’abanyabyaha.’

35 Ariko ubwenge bugaragazwa n’abana babwo bose, ko ari ubw’ukuri.”

Umugore w’umunyabyaha asīga Yesu ku birenge

36 Umwe mu Bafarisayo aramurarika ngo asangire na we, yinjira mu nzu ye aricara ngo arye.

37 Umugore wo muri uwo mudugudu wari umunyabyaha, amenya yuko arīra mu nzu y’uwo Mufarisayo, azana umukondo w’amavuta meza ameze nk’amadahano,

38 ahagarara inyuma ye hafi y’ibirenge bye arira, atangira kumutonyangiriza amarira ku birenge abihanaguza umusatsi we, asoma ibirenge bye, abisīga ayo mavuta.

39 Uwo Mufarisayo wamurarits, abibonye aribwira ati “Uyu muntu iyo aba umuhanuzi, yajyaga kumenya uyu mugore umukozeho uwo ari we kandi uko ameze, ko ari umunyabyaha.”

40 Yesu aramusubiza ati “Simoni, mfite icyo nkubwira.”

Ati “Mwigisha, mbwira.”

41 Ati “Hariho umuntu wagurizaga, wari ufite abantu babiri bamubereyemo imyenda. Umwe yarimo umwenda w’idenariyo magana atanu, undi arimo mirongo itanu.

42 Ariko kuko bari babuze ubwishyu azibaharira bombi. Mbese muri abo bombi uwarushije undi kumukunda ni nde?”

43 Simoni aramusubiza ati “Ngira ngo ni uwo yahariye inyinshi.”

Na we aramubwira ati “Uvuze neza.”

44 Akebuka uwo mugore abwira Simoni ati “Urareba uyu mugore? Ninjiye mu nzu yawe ntiwampa amazi yo koza ibirenge, ariko uyu we antonyangirije amarira ku birenge, abihanaguza umusatsi we.

45 Ntiwansomye, ariko aho ninjiriye uyu ntiyahwemye kunsoma ibirenge.

46 Ntiwansīze amavuta mu mutwe, ariko uyu we ansīze amavuta meza ku birenge.

47 Ni cyo gitumye nkubwira yuko ababariwe bya byaha bye byinshi, kuko yagize urukundo rwinshi. Ariko ubabarirwa bike, akunda buke.”

48 Abwira umugore ati “Ubabariwe ibyaha byawe.”

49 Nuko abasangiraga na we batangira kubazanya bati “Uyu ni nde, ubabarira n’ibyaha?”

50 Abwira uwo mugore ati “Kwizera kwawe kuragukijije, genda amahoro.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =