Mika 7

Uburyo Imana ibyutsa abaguye ikababarira abihannye

1 Mbonye ishyano, kuko meze nk’ushaka imbuto zo ku mpeshyi ahamaze gusarurwa, cyangwa nk’ugiye guhumba imizabibu isarura rishize, ari nta seri ryo kurya kandi umutima wanjye urarikiye imbuto z’umutini z’umwimambere!

2 Abubaha Imana bashize mu isi kandi mu bantu nta n’umwe utunganye, bose bacira igico kuvusha amaraso, umuntu wese ahigisha mwene se ikigoyi amutega.

3 Amaboko yabo akorana ikibi umwete, igikomangoma cyaka amaturo na we umucamanza agahongesha, n’umuntu ukomeye yerura irari ry’ibibi riri mu mutima we. Uko ni ko bahuriza imigambi yabo hamwe.

4 Umwiza wo muri bo ameze nk’igitovu, urushaho kuba intungane arutwa n’uruzitiro rw’amahwa.

Umunsi wavuzwe n’abarinzi bawe, ari wo wo guhōrwa kwawe urageze, noneho barumiwe.

5 Ntimukizigire incuti, ntimukiringire incuti y’amagara, ndetse n’umugore wawe mupfumbatana ntumubumburire umunwa wawe ngo ugire icyo umubwira.

6 Kuko umuhungu akoza se isoni, umukobwa agahagurukira nyina, umukazana agahagurukira nyirabukwe. Abanzi b’umuntu ni abo mu rugo rwe.

7 Ariko jyeweho nzahoza amaso ku Uwiteka, nzategereza Imana impe agakiza, Imana yanjye izanyumvira.

8 Wa mwanzi wanjye we, we kunyishima hejuru ningwa nzabyuka, ninicara mu mwijima Uwiteka azambera umucyo.

9 Nzihanganira uburakari bw’Uwiteka kuko namugomeye, kugeza ubwo azamburana akantsindira. Azansohora anjyane mu mucyo, mbone kureba gukiranuka kwe.

10 Maze umwanzi wanjye azabirebe amwarwe, uwambwiraga ati “Uwiteka Imana yawe iri he?” Amaso yanjye azamureba, ubu azanyukanyukwa nk’icyondo cyo mu nzira.

11 Umunsi bazubaka inkike zawe, uwo munsi ingabano zawe zizunguka zijye kure.

12 Uwo munsi bazagusanga bavuye muri Ashuri no mu midugudu yo muri Egiputa, uhereye muri Egiputa ukageza ku ruzi, uhereye ku nyanja ukageza ku yindi, uhereye ku musozi ukageza ku wundi musozi.

13 Ariko isi izahinduka ikidaturwa, izize imbuto z’ibyakozwe n’abayituyemo.

14 Ragiza ubwoko bwawe inkoni yawe, umukumbi w’umwandu wawe, bwituriye ukwabwo mu ishyamba i Karumeli kuri yo hagati, burishe mu gihugu cy’i Bashani n’i Galeyadi nko mu gihe cya kera.

15 Nzabereka ibitangaza nk’ibyo mu gihe wavaga mu gihugu cya Egiputa.

16 Amahanga azabareba akorwe n’isoni nubwo azaba afite imbaraga nyinshi, bazifata ku munwa n’amatwi yabo azaziba.

17 Bazarigata umukungugu nk’inzoka, bazava mu bwihisho bwabo nk’ibyikurura hasi bahinda umushyitsi, bazaza ku Uwiteka Imana yacu babēbēra, bazatinya babitewe na we.

18 Ni iyihe Mana ihwanye nawe ibabarira gukiranirwa, ikirengagiza igicumuro cy’abasigaye b’umwandu wayo? Ntihorana uburakari bwayo iteka, kuko yishimira kugira imbabazi.

19 Izaduhindukirira kutugirira ibambe, izaribatira ibicumuro byacu munsi y’ibirenge byayo. Kandi uzarohera imuhengeri w’inyanja ibyaha byabo byose.

20 Uzakorera Yakobo iby’ukuri, na Aburahamu uzamugirira neza, ibyo warahiye ba sogokuruza uhereye mu bihe bya kera.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =