Neh 10

1 “Ubwo bimeze bityo byose turasezerana isezerano ridakuka turyandike, abatware bacu n’Abalewi bacu n’abatambyi bacu barishyireho ikimenyetso.”

Abashyize ikimenyetso ku isezerano

2 Abashyizeho ikimenyetso ni aba: Nehemiya Umutirushata mwene Hakaliya na Sedekiya,

3 na Seraya na Azariya na Yeremiya,

4 na Pashuri na Amariya na Malikiya,

5 na Hatushi na Shebaniya na Maluki,

6 na Harimu na Meremoti na Obadiya,

7 na Daniyeli na Ginetoni na Baruki,

8 na Meshulamu na Abiya na Miyamini,

9 na Māziya na Bilugayi na Shemaya.

10 Abo bari abatambyi.

Abalewi ni aba: Yoshuwa mwene Azariya na Binuwi wo muri bene Henadadi na Kadimiyeli,

11 na bene wabo Shebaniya na Hodiya na Kelita, na Pelaya na Hanāni,

12 na Mika na Rehobu na Hashabiya,

13 na Zakuri na Sherebiya na Shebaniya,

14 na Hodiya na Bani na Beninu.

15 Abatware b’abantu ni aba: Paroshi na Pahatimowabu, na Elamu na Zatu na Bani,

16 na Buni na Azigadi na Bebayi,

17 na Adoniya na Bigivayi na Adini,

18 na Ateri na Hezekiya na Azuri,

19 na Hodiya na Hashumu na Besayi,

20 na Harifu na Anatoti na Nobayi,

21 na Magipiyashi na Meshulamu na Heziri,

22 na Meshezabēli na Sadoki na Yaduwa,

23 na Pelatiya na Hanāni na Anaya,

24 na Hoseya na Hananiya na Hashubu,

25 na Haloheshi na Piliha na Shobeka,

26 na Rehumu na Hashabuna na Māseya,

27 na Ahiya na Hanāni na Anani,

28 na Maluki na Harimu na Bāna.

29 “Abandi bantu bose, n’abatambyi n’Abalewi n’abakumirizi n’abaririmbyi n’Abanetinimu, n’abari bitandukanije mu mahanga yo mu bihugu bagatwarwa n’amategeko y’Imana, n’abagore babo n’abahungu babo n’abakobwa babo, umuntu wese ujijutse akamenya ubwenge,

30 bafatanya n’imfura na bene wabo, bishingira umuvumo n’indahiro ko bazajya bagendera mu mategeko y’Imana yatanzwe na Mose umugaragu w’Imana, bakitondera gusohoza ibyo Uwiteka Umwami wacu yategetse byose, no guca imanza kwe n’amateka ye,

31 kandi yuko tutazashyingirana n’abanyamahanga bo muri icyo gihugu,

32 kandi yuko abanyamahanga bo mu gihugu nibazana ibintu cyangwa ibyokurya byose kugura ku munsi w’isabato, tutazagura na bo ku munsi w’isabato cyangwa ku munsi mukuru, kandi yuko umwaka wa karindwi tuzaraza igihugu ihinga, tukarorera no kwishyuza umwenda wose.

33 “Kandi twishyiriraho amategeko yo gutanga kimwe cya gatatu cya shekeli uko umwaka utashye, byo gukoresha umurimo w’inzu y’Imana yacu,

34 n’iby’imitsima ihora iterekwa imbere y’Imana, n’iby’amaturo y’ifu idasiba guturwa, n’iby’ibitambo byoswa bidasiba gutambwa, n’iby’amasabato n’iby’imboneko z’amezi, n’iby’iminsi mikuru yategetswe, n’iby’ibintu byera n’iby’ibitambo byo gukuraho icyaha bihongererwa Abisirayeli, n’iby’imirimo yose yo mu nzu y’Imana yacu.

35 “Maze dufindira abatambyi n’Abalewi n’abantu, ngo tumenye uko bazajya batura amaturo y’inkwi, ngo bajye bazizana mu nzu y’Imana yacu uko amazu ya ba sekuruza yari ari, mu bihe byategetswe uko umwaka utashye. Izo nkwi ni izo gucanwa ku cyotero cy’Uwiteka Imana yacu nk’uko byanditswe mu mategeko.

36 “Twemera no kuzana mu nzu y’Uwiteka umuganura w’ubutaka bwacu, n’umuganura w’imbuto zose ziribwa z’ibiti by’amoko yose uko umwaka utashye,

37 kandi no kuzana impfura z’abahungu bacu n’uburiza bw’amatungo yacu nk’uko byanditswe mu mategeko, uburiza bw’inka zacu n’ubw’intama zacu ngo tubuzane mu nzu y’Imana yacu, tubishyire abatambyi bakora umurimo w’ubutambyi mu nzu y’Imana yacu,

38 kandi tukajya tuzana umuganura w’irobe ryacu n’amaturo yacu azunguzwa, n’imbuto ziribwa zo ku biti by’amoko yose na vino n’amavuta, tukabizanira abatambyi mu byumba byo mu nzu y’Imana yacu, tugaha Abalewi kimwe mu icumi cy’ibyeze mu butaka bwacu, kuko Abalewi ari bo bahawe kimwe mu icumi cy’imyaka yo mu midugudu yose.

39 Kandi umutambyi mwene Aroni azajya aba hamwe n’Abalewi uko bazajya bahabwa kimwe mu icumi, kandi Abalewi na bo bazajya bazana kimwe mu icumi cya kimwe mu icumi babizane mu nzu y’Imana yacu, babishyire mu byumba by’inzu ibikwamo iby’ubutunzi.

40 Abisirayeli n’Abalewi bazajya bazana amaturo azunguzwa y’amasaka na vino n’amavuta, babishyire mu byumba birimo ibintu by’ubuturo bwera, bafatanije n’abatambyi bakora umurimo w’ubutambyi n’abakumirizi n’abaririmbyi, kandi ntabwo tuzata inzu y’Imana yacu.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =