Rom 10

Abayuda bīvutsa gukiranuka kw’Imana

1 Bene Data, ibyo umutima wanjye wifuza n’ibyo nsabira Abisirayeli ku Mana, ni ukugira ngo bakizwe.

2 Ndabahamya yuko bafite ishyaka ry’Imana ariko ritava mu bwenge,

3 kuko ubwo bari batazi gukiranuka kw’Imana uko ari ko, bagerageje kwihangira gukiranuka kwabo ubwabo, bituma basuzugura gukiranuka kw’Imana,

4 kuko Kristo ari we amategeko asohoraho kandi ni we uhesha uwizera wese gukiranuka.

5 Mose yanditse ibyo gukiranuka guheshwa no gukomeza amategeko ati “Ugusohoza azabeshwaho na ko.”

6 Ariko gukiranuka guheshwa no kwizera kuvuga gutya kuti “Ntukībaze uti ‘Ni nde uzazamuka ngo ajye mu ijuru?’ ” (Bisobanurwa ngo: kumanura Kristo).

7 “Cyangwa uti ‘Ni nde uzamanuka ikuzimu?’ ” (Bisobanurwa ngo: kuzamura Kristo amukuye mu bapfuye).

8 Ahubwo kuvuga kuti “Ijambo rirakwegereye, ndetse riri mu kanwa kawe no mu mutima wawe. Ni ryo jambo ryo kwizera, iryo tubabwiriza.”

9 Niwatuza akanwa kawe yuko Yesu ari Umwami, ukizera mu mutima wawe yuko Imana yamuzuye uzakizwa,

10 kuko umutima ari wo umuntu yizeza akabarwaho gukiranuka, kandi akanwa akaba ari ko yatuza agakizwa.

11 Kuko ibyanditswe bivuga biti “Umwizera wese ntazakorwa n’isoni.”

12 Nta tandukaniro ry’Umuyuda n’Umugiriki, kuko Umwami umwe ari Umwami wa bose, ni we ubereye abamwambaza bose ubutunzi,

13 kuko umuntu wese uzambaza izina ry’Umwami azakizwa.

14 Ariko se bamwambaza bate bataramwizera? Kandi bamwizera bate bataramwumva? Kandi bakumva bate ari nta wababwirije?

15 Kandi bābwiriza bate batatumwe? Nk’uko byanditswe ngo “Mbega uburyo ibirenge by’abavuga ubutumwa bwiza ari byiza cyane!”

16 Icyakora abumviye ubutumwa bwiza si bose, kuko Yesaya yavuze ati “Mwami ni nde wizeye ubutumwa bwacu?”

17 Dore kwizera guheshwa no kumva, no kumva kukazanwa n’ijambo rya Kristo.

18 Ariko ndabaza nti “Ntibumvise?” Yee, rwose barumvise ndetse

“Ijwi ryabo ryasākaye mu isi yose,

Amagambo yabyo agera ku mpera y’isi.”

19 Ariko ndabaza nti “Abisirayeli ntibabimenye?” Mose ni we wabanje kuvuga ati

“Nzabateza ishyari ku batari ishyanga nyashyanga,

Nzabarakaza nkunze ishyanga ritagira ubwenge.”

20 Kandi Yesaya ashira amanga cyane aravuga ati

“Nabonywe n’abatanshatse,

Neretswe abatambaririje.”

21 Ariko ku Bisirayeli aravuga ati “Ubwoko butumva kandi butongana nabutegeraga amaboko umunsi ukīra.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 5 =