Yer 9

1 Icyampa nkagira icumbi ry’abagenzi mu butayu, kugira ngo nsige abantu banjye njye kure yabo, kuko bose ari abasambanyi, n’iteraniro ry’abariganya!

2 Bafora ururimi rwabo nk’umuheto rukarekura ibinyoma, bagumirije gukomera mu gihugu ariko si ukuri kubakomeje, kuko bava mu cyaha bakajya mu kindi kandi ntibanzi. Ni ko Uwiteka avuga.

3 Umuntu wese muri mwe ajye yirinda umuturanyi we, kandi ntimukiringire uwo muva inda imwe kuko abavandimwe bazahemukirana rwose, kandi umuturanyi wese azajya asebanya.

4 Umuntu wese azashuka umuturanyi we kandi ntibazavuga ukuri, bamenyereje ururimi rwabo kuvuga ibinyoma, bahora birushya bakora ibibi.

5 Urugo rwawe urutuje mu buriganya, uburiganya ni bwo butuma banga kumenya. Ni ko Uwiteka avuga.

6 Ni cyo gituma Uwiteka Nyiringabo avuga atya ati “Dore nzabashongesha mbagerageze. Ukundi nagira abantu banjye ni ukuhe?

7 Ururimi rwabo ni nk’umwambi wicana, ruvuga iby’uburiganya. Umuntu wese avugana amahoro na mugenzi we ku rurimi, ariko mu mutima we amuciriye igico.

8 Mbese ibyo sinzabibahanira? Ni ko Uwiteka abaza. Mbese ubwoko nk’ubwo umutima wanjye ntiwabuhora ibyo?

9 “Imisozi nzayiririra mboroge, n’ibyanya byo mu butayu nzabigirira umubabaro, kuko byatwitswe bigatuma nta wuhanyura, n’ijwi ry’amashyo rikaba ritakihumvikana. Ibisiga byo mu kirere n’amatungo byarahunze, birigendera.

10 “I Yerusalemu nzahahindura ibirundo habe ubuturo bw’ingunzu, n’imidugudu y’u Buyuda nzayigira amatongo habe ikidaturwa.”

11 Ni nde w’umunyabwenge wamenya ibi? Ni nde wabibwiwe n’akanwa k’Uwiteka kugira ngo abyamamaze? Kuki igihugu kirimbutse kikaba gikongotse, hagahinduka ahadatuwe bituma hatagira uhanyura?

12 Uwiteka ni ko kuvuga ati “Kuko baretse amategeko yanjye nabashyize imbere, ntibumvire ijwi ryanjye haba no kurikurikiza,

13 ahubwo bayobejwe n’imitima yabo inangiye n’ibigirwamana bya Bāli, ibyo ba sekuruza babigishije.

14 Ni cyo gituma Uwiteka Nyiringabo Imana ya Isirayeli ivuga itya iti ‘Dore ubu bwoko ngiye kubuha uburozi bwitwa apusinto, ndetse mbahe no kunywa amazi akarishye.

15 Nzabatataniriza mu mahanga, ayo batazi na ba sekuruza batigeze kumenya, kandi nzabakurikiza inkota kugeza ubwo nzabatsembaho.’ ”

16 Uwiteka Nyiringabo avuga atya ati “Mutekereze kandi muhamagare abagore bazi kuboroga baze, mutumire abagore b’abahanga baze.

17 “Kandi batebuke batuborogere, kugira ngo amaso yacu avemo amarira atemba, n’ibihene byacu bihongobokemo amazi.

18 “Kuko ijwi ry’umuborogo ryumvikanye riturutse i Siyoni riti ‘Yemwe, ko twanyazwe! Dukozwe n’isoni cyane kuko twataye igihugu, kandi badusenyeye ingo.’

19 “Ariko nimwumve ijambo ry’Uwiteka mwa bagore mwe, kandi amatwi yanyu yakīre ijambo ryo mu kanwa ke, mwigishe abakobwa banyu kuboroga n’umuntu wese yigishe umuturanyi we kuganya,

20 kuko urupfu rwuririye mu madirishya yacu rukinjira mu manyumba yacu, rwica abana bari hanze n’abasore bari mu nzira.

21 Vuga uti ‘Uko ni ko Uwiteka avuga ati: intumbi z’abantu zizagwa hasi zibe nk’amase yo ku gasozi nk’ibihumbano bisigara inyuma y’usarura, zitazagira uzirarura.’ ”

22 Uwiteka avuga atya ati “Umunyabwenge ye kwīrāta ubwenge bwe, n’intwari ye kwīrāta ubutwari bwayo, umutunzi ye kwīrāta ubutunzi bwe,

23 ahubwo uwīrāta yīrāte ibi yuko asobanukiwe, akamenya yuko ari jye Uwiteka ugirira imbabazi no kutabera no gukiranuka mu isi, kuko ibyo ari byo nishimira. Ni ko Uwiteka avuga.

24 “Dore iminsi igiye kuza, ni ko Uwiteka avuga, ubwo nzahana abakebwe bose bafiteumutimautakebwe:

25 Egiputa n’u Buyuda na Edomu, n’Abamoni n’ab’i Mowabu, n’abiyogoshesha ingohe z’umusatsi bose batuye mu butayu, kuko ayo mahanga yose atakebwe n’ab’inzu ya Isirayeli bose ntibakebwe mu mutima.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + fourteen =