Yonasi 2

1 Uwiteka ategeka urufi runini rumira Yona, maze Yona amara mu nda y’urufi iminsi itatu n’amajoro atatu.

Yona asengera mu nda y’urufi

2 Maze Yona asengera Uwiteka Imana ye mu nda y’urufi ati

3 “Nagize ibyago ntakira Uwiteka aransubiza,

Nahamagariye mu nda y’ikuzimu,

Wumva ijwi ryanjye.

4 Kuko wanjugunye imuhengeri mu nyanja,

Umwuzure warangose,

Ibigogo byawe n’imiraba yawe byose byarandengeye.

5 Ndavuga nti ‘Nciwe imbere yawe,

Ariko nzongera kureba urusengero rwawe rwera.’

6 Amazi yarantwikiriye angera ku bugingo,

Imuhengeri harangose,

Urwuya rwanyizingiye mu mutwe.

7 Ndamanuka njya mu mizi y’imisozi,

Isi n’ibihindizo byayo binkingira ibihe byose,

Ariko unkurira ubugingo muri rwa rwobo,

Uwiteka Mana yanjye.

8 Ubwo umutima wanjye wiheberaga mu nda nibutse Uwiteka,

No gusenga kwanjye kwakugezeho mu rusengero rwawe rwera.

9 Aberekeza umutima ku bitagira umumaro by’ibinyoma,

Baba bimūye ubababarira.

10 Ariko jyeweho nzagutambira igitambo n’ijwi ry’ishimwe,

Kandi nzahigura umuhigo wanjye,

Agakiza gaturuka ku Uwiteka.”

11 Nuko Uwiteka ategeka urufi ruruka Yona imusozi.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =