Yonasi 4

Yona arakazwa n’uko Imana ibabariye i Nineve

1 Ariko ibyo bibabaza Yona cyane ararakara,

2 asenga Uwiteka ati “Uwiteka, si icyo navugaga nkiri iwacu? Ni cyo cyatumye nshoka mpungira i Tarushishi, kuko namenye ko uri Imana igira ubuntu n’imbabazi, itinda kurakara, ifite kugira neza kwinshi kandi yibuza kugira nabi.

3 None rero Uwiteka, ndakwinginze unyice kuko gupfa bindutiye kubaho.”

4 Uwiteka aramubaza ati “Ubwo urakaye ubwo ukoze neza?”

5 Nuko Yona asohoka mu murwa yicara iruhande rwawo aherekeye iburasirazuba, aba ari ho aca ingando ayicaramo ari mu gicucu, ategereza kureba uko umurwa uzamera.

6 Uwiteka Imana itegeka uruyuzi rumera aho Yona yari ari ngo rumutwikire, rumubere igicucu ku mutwe, rumukize umubabaro yari afite. Maze Yona ararunezererwa cyane.

7 Bukeye bwaho Imana itegeka inanda irya urwo ruyuzi, bucya rwarabye.

8 Maze izuba rivuye Uwiteka ategeka umuyaga wotsa w’iburasirazuba, izuba ryica Yona mu mutwe bituma yiheba, yisabira gupfa aravuga ati “Gupfa bindutiye kubaho.”

9 Uwiteka aramubaza ati “Ukoze neza ubwo urakajwe n’uko uruyuzi rwumye?”

Aramusubiza ati “Nkoze neza kurakara, ndetse byatuma niyahura.”

10 Uwiteka aramubaza ati “Ubabajwe n’uruyuzi utihingiye kandi utamejeje, uruyuzi rwameze ijoro rimwe ku rindi rukuma?

11 Jyewe se sinari nkwiriye kubabazwa n’i Nineve uwo murwa munini, urimo abantu agahumbi n’inzovu ebyiri basaga batazi gutandukanya indyo n’imoso, hakabamo n’amatungo menshi?”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =