1 Bami 4

Abatware ba Salomo

1 Nuko Umwami Salomo aba umwami w’Abisirayeli bose,

2 kandi aba ni bo batware be: Azariya mwene Sadoki umutambyi,

3 Elihorefu na Ahiya bene Shisha bari abanditsi, Yehoshafati mwene Ahiludi ni we wari umucurabwenge.

4 Benaya mwene Yehoyada yari umugaba w’ingabo, Sadoki na Abiyatari bari abatambyi.

5 Azariya mwene Natani yari umutware w’intebe muri bo, Zabudi mwene Natani yari umujyanama kandi umutoni w’umwami.

6 Ahishari yari umunyarugo, Adoniramu mwene Abuda yakoreshaga ikoro.

7 Kandi Salomo yari afite abatware cumi na babiri bakwijwe mu Bwisirayeli bwose, kugira ngo bajye bazanira umwami n’abo mu rugo rwe amakoro. Umuntu wese yamaraga ukwezi kumwe mu mwaka, afashe igihe cyo gutanga amakoro.

8 Aya ni yo mazina yabo: Benihuri wo mu gihugu cy’imisozi miremire cya Efurayimu.

9 Benidekera w’i Makasi n’i Shālubimu, n’i Betishemeshi na Elonibetihanani.

10 Beniheseda muri Aruboti, ni we wakoreshaga n’i Soko n’igihugu cya Heferi cyose.

11 Benabinadabu ni we wabaga mu gitwa cy’i Dori, yari afite umukobwa wa Salomo witwa Tafati.

12 Bāna mwene Ahiludi ni we wakoreshaga i Tānaki n’i Megido n’i Betisheyani hose, iruhande rw’i Saretani hepfo y’i Yezerēli uhereye i Betisheyani ukageza mu Abeli Mehola, kandi ukageza hirya y’i Yokimeyamu.

13 Benigeberi ni we wakoreshaga i Ramoti y’i Galeyadi, n’imidugudu ya Yayiri mwene Manase yo muri Galeyadi, kandi n’igihugu cya Arugobu muri Bashani, cyarimo imidugudu mirongo itandatu ikomeye igoswe n’inkike z’amabuye, igakingishwa ibihindizo by’imiringa.

14 Ahinadabu mwene Ido ni we wakoreshaga i Mahanayimu.

15 Ahimāsi ni we wakoreshaga i Nafutali, ni na we washyingiwe Basemati umukobwa wa Salomo.

16 Bāna mwene Hushayi ni we wakoreshaga i Bwasheri n’i Beyaloti.

17 Yehoshafati mwene Paruwa w’i Bwisikari.

18 Shimeyi mwene Ela w’i Bubenyamini.

19 Geberi mwene Uri, mu gihugu cy’i Galeyadi no mu gihugu cya Sihoni umwami w’Abamori na Ogi umwami w’i Bashani, ni we wenyine wakoreshaga muri icyo gihugu.

20 Nuko Abayuda n’Abisirayeli bari benshi, bangana n’umusenyi wo mu kibaya cy’inyanja ubwinshi, bararyaga bakanywa, bakanezerwa.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =